Abakuru b’ibihugu bitandukanye nka Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, uwa Guinea Bissau, Umaro Sissoco Embaló, uwa Tanzania, Samia Suluhu, ni bamwe mu bakuru b’ibihugu bamaze koherereza Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ubutumwa bwo kumwifuriza intsinzi nziza nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora yo kuwa 15 Nyakanga 2024, by’agateganyo .
Abinyujije kuri X, Perezida Filipe Nyusi yagize ati “Nshuti Muvandimwe Kagame! Mu izina ry’abaturage. Mu izina rya Rubanda, ndashaka gushimira byimazeyo nyakubahwa, Ishyaka riri ku butegetsi ndetse n’Abanyarwanda, tubifuriza amahirwe yo kugera kuri byinshi mu gihe mutangiye manda nshya kuri uyu mwanya washinzwe ku bwinshi n’abaturage b’u Rwanda”.
Mugenzi we wa Guinea Bissau, Umaro Sissoco, nawe yifurije intsinzi mugezi we w’u Rwanda, Paul Kagame.
Nawe abinyujije kuri X yagize ati “ Mu izina rya GuineaBissau, turashimira Perezida Paul Kagame, ku bwo kongera gutorwa cyane! Nkwifurije manda nshya ishimangiwe n’amahoro, uburumbuke n’iterambere. Ndashimira abaturage b’u Rwanda!”
Au nom de la #GuineeBissau, félicitations Président Paul Kagame, pour votre éclatante réélection !
Je vous souhaite un nouveau mandat renforcé de paix, de prospérité et de progrès.
Félicitations au peuple du #Rwanda ! pic.twitter.com/AdhAS4uHjD— Umaro Sissoco Embaló (@USEmbalo) July 16, 2024
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu nawe n’umwe mu bakuru b’ibihugu byo mu Karere bifurije intsinzi nziza Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.
Yagize ati “Mu izina rya Guverinoma n’abaturage ba Repubulika Yunze ubumwe ya Tanzania, ndashimira byimazeyo nyakubahwa Paul Kagame, kuba yongeye gutorerwa kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda. Ntegerezanyije amatsiko gukomeza gukorana nawe mu guteza imbere umubano hagati y’ibihugu byacu byombi no guharanira ubumwe n’iterambere rya Afurika y’iburasirazuba.
On behalf of the Government and the People of the United Republic of Tanzania, I extend my heartfelt congratulations to His Excellency Paul Kagame, on being re-elected as the President of the Republic of Rwanda. I look forward to continue working with you in fostering the… pic.twitter.com/g32GvOe8LV
— Samia Suluhu (@SuluhuSamia) July 17, 2024
Aba biyongera ku bandi nka Perezida wa Kenya, William Ruto, wavuze ko ategereje gukomeza gukorana na Perezida Kagame mu bibazo byo mu karere na Afurika mu gushimangira ubufatanye n’ubuvandimwe hagati y’abaturage ba Kenya n’u Rwanda.


