Ibibazo by’ikoranabuhanga byahagaritse ingendo z’indege zisaga 1000 mu Burayi

Sangiza iyi nkuru

Ikibazo gikomeye kuri sisitemu y’Ikoranabuhanga mu itumanaho ku Isi yose cyateje ibibazo byinshi ku bagenzi mu benshi muri iki gihe cy’izuba ryinshi.

Indege, ibibuga by’indege, amasosiyete y’itangazamakuru kimwe n’ubundi bwoko bw’ubucuruzi byagizweho ingaruka.

Dore ibizwi kugeza ubu kubyerekeye ingaruka zabyo mu ngendo z’i Burayi nk’uko tubikesha Euronews.

Ikibazo gikomeye bingana iki?

Ikigo cy’isesengura ku bijyanye n’ingendo z’indege, Cirium, kivuga ko kugeza ubu ingendo zirenga 1.000 zahagaritswe ku Isi hose kugeza ubu.

Iyi mibare, kuri ubu ingana na 1,078, ishobora kuzamuka uko ingaruka zikomeza zikura.

Iki kigo kivuga kandi ko uyu munsi wari uteganijwe kuba ari wo munsi uhuze cyane ku ngendo z’indege ziva mu Bwongereza kugeza ubu muri uyu mwaka, hakaba hari hateganijwe ingendo 3,200, umubare munini w’ingendo ku munsi umwe wari ubayeho kuva mu Kwakira 2019.

Ni izihe nama abagenzi bagirwa mu gihe nk’iki?

Niba ugomba guhaguruka uyu munsi, inama ni:

– Reba ku mbuga za interineti hamwe na porogaramu z’indege mbere yo kujya ku kibuga cy’indege hanyuma ukurikize inama zose zatanzwe.

– Imbuga nkoranyambaga z’amasosiyete y’indege n’ibibuga by’indege nabyo bishobora gutanga amakuru agezweho.

– Niba bisa nkaho indege yawe ishobora kugenda, gera ku kibuga bisanzwe amasaha abiri mbere, keretse niba indege yawe cyangwa ikibuga cy’indege byakugiriye indi nama, kuhagera amasaha arenga abiri mbere bishobora kongera umurongo uriho.

– Twara amazi n’ibiryo byawe ku kibuga cy’indege, cyane cyane niba ugendana n’abana cyangwa abasaza, mu gihe havuka umurongo muremure cyangwa ukundi gutinda.

– Umenye neza ko witwaje charger ya terefone yawe, ni biba byiza utware idakenera gucomeka (ower bank), kugirango ubashe kugezwaho amakuru ku gihe.

– Imirongo mu kunyura ku bashinzwe umutekano ikunze kurushaho kuba miremire mu gihe nk’iki. Menya neza rero ko imizigo yawe yo mu ntoki itarimo ibintu bibujijwe kugirango urebe ko utongera ikibazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *