Iminsi ibiri mbere y’uko agahenge katangiye guhera ku itariki ya 5 Nyakanga karangira, White House yatangaje ku wa Gatatu, itariki ya 17 Nyakanga ko impande zihanganye, Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na M23 “zemeranije” kongeraho ibyumweru bibiri kugirango abahunze bashaka gutaha ku bushake batahe Kandi imfashanyo zigezwe ku batishoboye.
Ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, yamaganye ibyo yita ibikorwa bya M23 mu gihe cy’agahenge, ariko anashimangira ko “Intego ya Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo” Ntabwo ari uko agahenge kubahirizwa, intego kuri twe ni ukugera ku mahoro. ”
“Ku gahenge k’ubutabazi, nizera ko ejo mwakurikiranye icyemezo cyo kukagura, hari itumanaho ryakozwe na White House …… bagaragaje ko hari ibyabaye mu gihe cy’agahenge cyane cyane ibyo twagaragaje ku ruhande rwa Bweremana kandi murabizi mu gihe turi mu bihe nk’ibi ikibaye cyose kiravugwa ariko muri rusange ukurikije itangazo ryashyizwe ahagaragara agahenge karubahirijwe. Intego ntabwo ari uko “agahenge kubahirizwa, intego kuri twe ni ukugera ku mahoro kuko hagati aho hari umuhate wa diplomasi ugomba gukora cyane cyane mu rwego rwa gahunda ya Luanda “, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru yakiriye ku wa Kane tariki ya 18 Nyakanga 2024 Ari kumwe na mugenzi ushinzwe ingufu.
Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru muri RDC agaruka ku kurenga ku gahenge, yatangaje ko itsinda rushinzwe ubugenzuzi ryabimenyeshejwe kandi Guverinoma ya DRC ikomeye ku byavuzwe mu itangazo rya White House.


