Kinshasa: Hakomeje urubanza rw’abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwa Gisirikare rwa Kinshasa / Gombe rwumvise ku nshuro ya 11, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Nyakanga 2024, muri gereza ya gisirikare ya Ndolo, mu rubanza rw’abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi ku itariki ya 19 Gicurasi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Abantu batatu baregwa babajijwe muri uru rubanza, barimo Albert Malanda Vangila, ufatwa nk’umuntu wagiye gukusanya imyenda ya gisirikare y’umutwe wa New Zaire, ku mupaka wa Lufu, na Angola.

Abajijwe kuri iyi ngingo, ushinjwa yemeye ko yoherejwe i Lufu gufata umuzigo awuhawe na Aboubacar, umwe mu bagabo begereye Christian Malanga, wiciwe mu gitero cyabereye kwa Vital Kamerhe, icyo gihe wari Minisitiri w’ubukungu.

Albert Malanda Vangila, yavuze ariko ko atari azi ibikubiye muri uwo muzigo cyangwa se umushinga wa Christian Malanga wari uyoboye iri tsinda ryashatse guhirika ubutegetsi. Yiyemereye kandi ko yimuriye ibyo bikoresho i Kinshasa abinyujije ku mushoferi utwara abantu mu buryo bwa rusange nk’uko tubikesha 7sur7.cd.

Albert Malanda Vangila utuye mu mujyi wa Matadi, mu ntara ya Kongo Central, avuga ko yinjiye mu mutwe wa New Zaire abinyujije kuri mubyara we uba mu Burayi. Yavuze ko igihe yinjizwaga mu gisirikare, yabwiwe ko ari umuryango utegamiye kuri Leta watangijwe na Perezida wa Repubulika kandi ugamije guhugura no guha akazi urubyiruko.

Mu gusubiza, umushinjacyaha yamaganye ibyo avuga. Yashimangiye ko uregwa yakoze ibyo yakoze abizi. Ku bwe, Albert Malanda Vangila yagiye gukusanya ibyo bikoresho ukwezi mbere y’igitero kandi yari azi neza ko harimo imyenda ya gisirikare. Yagiye no gufata abandi baregwa kugira ngo abajyane i Kinshasa, nk’uko ubushinjacyaha bubyemeza.

Urukiko rwabajije kandi muri uru rubanza, uregwa Kabamba Lofo Jonathan, umushoferi wa moto na we waherewe akazi I Matadi na Aboubacar. Kimwe n’abamubanjirije, yavuze ko bamubwiye ko ari umuryango utegamiye kuri Leta.

Uwa gatatu kandi wanyuma uregwa wabajijwe muri uru rubanza ni Mpaka Tati Thomas, nawe winjirijwe muri Matadi. Yavuze kandi ko mu mizo ya mbere yashutswe n’abamushakaga bamubwira ibyerekeye umuryango utegamiye kuri Leta. Ku bibazo bijyanye n’amashusho yamugaragaje ari mu ngoro y’umukuru w’igihugu, yasubije ko yabikoze ku gahato.

Perezida w’urukiko rwa gisirikare rwa Kinshasa / Gombe Garrison yasubitse urubanza kugeza ku wa Gatanu utaha ku itariki ya 26 Nyakanga kugira ngo iburanisha ry’abandi baregwa rikomeze.

Abantu 51 baregwa kuba baragerageje guhirika ubutegetsi muri DRC mu ijoro ryo ku wa 18 rishyira ku wa 19 Gicurasi 2024 ni bo bakurikiranwe muri uru rubanza Mbere yo kwerekeza muri Perezidansi aho bururukije ibendera ry’igihugu bakazamura iry’umutwe wa New Zaire, babanje kugaba igitero ku rugo rwa Vital Kamerhe, icyo gihe wari Minisitiri w’ubukungu.

Ubushinjacyaha bubakurikiranyeho ibyaha byinshi birimo iterabwoba, gutunga intwaro n’amasasu mu buryo butemewe n’amategeko, gushaka kwica, kwifatanya n’abagizi ba nabi, ubwicanyi no gutera inkunga iterabwoba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *