2024-athletes-north-korea-seen-919821399.jpg

Paris: Korea y’Epfo ntiyishimiye kwitiranywa n’iya ruguru ubwo yakirwaga mu mikino olempike

Sangiza iyi nkuru

Abategura imikino Olempike basabye “imbabazi zimbitse” nyuma y’uko abakinnyi ba Koreya y’Epfo ku bwo kwibeshya bakiriwe nk’aba Koreya ya Ruguru mu birori byo gutangiza Imikino Olempike ibera i Paris ku wa Gatanu ushize.

Igihe itsinda rihagarariye iki gihugu ryari ryishimye, ryazamuye ibendera ryambukiranya uruzi rwa Seine, abatangazaga ibihugu byaserutse haba mu Gifaransa n’Icyongereza bose babamenyesheje ko ari “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Koreya” – izina ryemewe rya Koreya ya Ruguru.

Iryo zina rimwe ryongeye no gukoreshwa igihe abahagarariye Koreya ya Ruguru na bo bahageraga.

2024-athletes-north-korea-seen-919821399.jpg

Koreya zombi zacitsemo ibice kuva Intambara ya Kabiri y’Isi yose yarangira, aho amakimbirane hagati y’ibihugu yakomeje kwiyongera vuba aha.

Minisiteri y’imikino ya Koreya y’Epfo yavuze ko iteganya gutanga “ikirego gikomeye mu Bufaransa ku rwego rwa guverinoma” kubera ikosa riteye isoni. Mu itangazo ryayo, minisiteri yagaragaje ko itishimiye kubona intumwa za Koreya y’Epfo zitangazwa nk’ikipe ya Koreya ya Ruguru.”

Iri tangazo ryongeyeho ko minisitiri wungirije wa kabiri wa siporo, Jang Mi-ran, wahagarariye igihugu cye mu mikino nk’iyi mu mwaka wa 2008, yasabye kubonana na Perezida wa Komite Olempike, Thomas Bach.

Komite Mpuzamahanga y’Imikino Olempike (IOC) yasabye imbabazi ku rubuga rwayo rwa X mu rurimi rw’Abanyakoreya, igira iti: “Turashaka gusaba imbabazi ku ikosa ryabaye mu itangazwa ry’intumwa za Koreya y’Epfo mu muhango wo gutangiza.”

Koreya y’Epfo, izwi ku izina rya Repubulika ya Koreya, ifite abakinnyi 143 mu ikipe yayo ya Olempike uyu mwaka, irushanwa mu mikino 21.

Koreya ya Ruguru yo yohereje abakinnyi 16. Ni ubwa mbere yitabira imikino kuva mu yabereye i Rio de Janeiro mu 2016.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *