Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yirukanwe mu ishyaka African National Congress (ANC), ishyaka yigeze kuyobora, nyuma yo kwiyamaza ku iturufu y’ishyaka byari bihanganye mu matora rusange yo ku ya 29 Gicurasi.
Komite ishinzwe imyitwarire ya ANC yasanze ahamwa n’icyaha cyo “kubangamira ubusugire” bw’ishyaka yinjira muri uMkhonto we Sizwe (MK), kandi imuha ibyumweru bitatu byo kujuririra icyemezo cyayo.
Ishyaka uMkhonto we Sizwe ryavuze ko Zuma atigeze amenyeshwa icyemezo cyafashwe n “urukiko rwa kangaroo”.
Zuma, ufite imyaka 82, yari inararibonye muri ANC ariko yavuye mu ishyaka nyuma yo guhatirwa kuva ku mwanya wa perezida mu 2018 kubera ruswa. Yahoraga ahakana amakosa yose.
Muri Mutarama yari yahagaritswe na ANC nyuma yo gushyiraho MK, ubu ikaba itavuga rumwe na guverinoma iyobowe na ANC mu nteko.
MK mu itangazo ryayo, yavuze ko batunguwe no kumva aya makuru mu bitangazamakuru avuga ko Zuma yirukanwe.
Ishyaka ryavuze ko ibihano byafashwe “mu buryo busa n’urukiko rwa kangaroo”. Uru ni urukiko rudasanzwe rufitwe n’itsinda ry’abantu hagamijwe kuburanisha umuntu wamaze, cyane cyane nta bimenyetso bifatika, gufatwa nk’umunyacyaha.
Komite ishinzwe imyitwarire ya ANC yakoreye iburanisha kuri internet, Zuma yanga kuryitabira, avuga ko yifuza kuba ahahagaze ku giti cye imbonankubone.


