Urukuta rwa Twitter rw'ikipe FC Barcelone rwinjiriwe n’abahise baha ikaze Di Maria

Sangiza iyi nkuru

Urukuta rwa Twitter rw’ikipe FC Barcelona rwibwe n’abantu bataramenyekana (hackers), bahita batangira kwandika bamenyesha abakunzi b’iyi kipe ko umukinnyi Di Maria ahawe ikaze muri iyi kipe.
Byatangiye gucyekwa ko uru rukuta rwibwe mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Kanama, nyuma y’aho aba bajura bashyiriyeho ubutumwa buha ikaze mu ikipe umukinnyi w’ikipe ya Paris Saint Germain, Angel Dimaria.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Bimwe mu bimenyetso bigaragaza ko abibye iyi Twitter ya Barcelona ari abantu bakorana bya hafi n’iyi kipe, ni uko bakimara kwandika kuri uru rubuga ngo bahise basaba ubuyobozi bw’iyi kipe kuganira na bo ngo barusubizwe.
Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye, ubu bujura bukimara kumenyekana, ubuyobozi bwa Fc Barcelona bwahise butangaza ko bugiye gukora ibishoboka byose bukagarura uru rukuta mu maboko yabwo.
Twitter y’iyi kipe ifite abayikurikirana umunsi ku munsi barenga miliyoni 11.

di
Angel Di Maria uhabwa ikaze muri Fc Barcelone

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Jean de Dieu Dushimimana/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *