Igisirikare cya Sudani kiravuga ko cyasubije inyuma igitero cya RSF muri Blue Nile

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Sudani cyatangaje ko cyahagaritse igitero cyagabwe n’abarwanyi ba Rapid Support Force (RSF) kuri Leta ya Blue Nile mu majyepfo y’uburasirazuba bw’igihugu .

Igisirikare cyavuze ko ingabo zo muri Division ya 4 y’Ingabo zirwanira ku butaka zasubije inyuma igitero cyagabwe kuri Guli nk’uko tubikesha Anadolu Agency.

Cyongeyeho ko bafashe ibikoresho bya RSF kandi bica abarwanyi ba RSF benshi. Leta ya Blue Nile yifatanije na leta 13 kuri 18 zigize Sudani zibasiwe n’intambara ikomeje.

Intambara yo muri Sudani yatangiye muri Mata 2023 hagati y’ingabo za leta ziyobowe na General Abdel Fattah al-Burhan n’iza RSF, ziyobowe na General Mohamed Hamdan Dagalo, yatewe no kutumvikana ku bijyanye no kwinjiza Ingabo za RSF mu gisirikare.

Amakimbirane yateje ikibazo gikomeye cy’ubutabazi, kandi imirwano yahitanye abagera ku 16.000 ndetse ikura mu byabo ababarirwa muri za miriyoni.


Ku itariki ya 29 Werurwe, Sudani yatanze ikirego mu Kanama gashinzwe Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye irega Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) gutera inkunga RSF, ikirego UAE ihakana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *