Tanganyika: Ferdinand Masamba wahoze ari visi guverineri yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Visi Guverineri wa Tanganyika, Ferdinand Masamba, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Gatanu, Itariki ya 16 Kanama rishyira ku wa Gatandatu, itariki ya 17 Kanama, aho afungiwe muri kasho y’ubushinjacyaha bwa gisirikare bwa Kalemie.

Nk’uko umwe mu bajyanama be abitangaza, ngo yaba ashinjwa kuba yarifotoranyije ifoto n’inyeshyamba muri Teritwari ya Nyunzu, aho yitoreje.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ushize, abasirikare n’abashinzwe iperereza, bitwaje impapuro zo kumushakisha, bateye mu rugo rw’uwahoze ari visi guverineri, ruherereye mu gace ka Kitchanga.

Radio Okapi ivuga ko yagerageje kuvugisha, umugenzuzi wa gisirikare wa garrison ya Kalemie ariko yirinze gutanga ibisobanuro ibyo ari byo byose.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *