Abantu babiri birakekwa ko bapfuye bazize impanuka y’indege yabereye muri Malawi y’indege nto yo mu bwoko bwa C210, nomero 7QPFU, yaguye mu Kiyaga cya Malawi mu karere ka Nkhotakota, nko mu birometero 200 mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’umurwa mukuru .
Indege yari irimo umupilote umwe n’abagenzi babiri nk’uko byemejwe n’abayobozi. Umuvugizi mukuru wa Guverinoma ya Malawi, Moses Kunkuyu, yemeje iyi mpanuka mu itangazo rye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, avuga ko umwe mu bagenzi, umukobwa w’Umuholandi, yarokotse n’ibikomere byoroheje nyuma yo gutabarwa n’abarobyi baho muri ako karere.
Uwarokotse ari kuvurirwa mu bitaro byo mu karere nk’uko iyi nkuru dukesha Xinhua ikomeza ivuga.
Kunkuyu, akaba na minisitiri w’itangazamakuru n’ikoranabuhanga, yongeyeho ko iyi ndege “yagaragaye munsi y’amazi kandi hakomeje ibikorwa byo kuzamura indege ku nkombe.”
Minisitiri avuga ko iyi ndege y’isosiyete ya Nyasa Express, yavaga i Nkhotakota yerekeza i Liwonde, umujyi uherereye mu birometero 235 mu majyepfo ya Lilongwe.


