USA: Uwahoze ari Perezida wa Haiti yafatiwe ibihano kubera ibiyobyabwenge

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Kanama 2024, Minisiteri y’imari ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatangaje ko yafatiye ibihano Michel Joseph Martelly wahoze ari Perezida wa Haiti, ukurikiranweho gucuruza ibiyobyabwenge.

Ibihano byatangajwe kuri uyu wa Kabiri birimo gufatira umutungo wa Martelly uri muri Amerika no kubuza Abanyamerika gukorana na we ubucuruzi. Canada nayo yafatiye ibihano Martelly na babiri bahoze ari ba Minisitiri w’I\ntebe mu 2022.

Uwahoze ari umucuranzi, Michel Martelly yabaye Perezida wa Haiti kuva mu 2011 kugeza mu 2016 nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Mu itangazo ryayo, Minisiteri y’imari yavuze ko Martelly, “yakoresheje ububasha bwe nabi yorohereza icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bikomeye birimo cocaine, bigenewe Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Abayobozi ba Amerika bavuga ko Martelly yakoranye n’abacuruza ibiyobyabwenge bo muri Haiti mu gihe yateraga inkunga udutsiko tw’abagizi ba nabi ndetse ngo akishora mu bikorwa by’iyezandonke.

Bradley Smith, umunyamabanga wungirije w’agateganyo wa Minisiteri y’imari ushinzwe iterabwoba n’iperereza ku bijyanye n’imari, yagize ati: “Igikorwa cy’uyu munsi kuri Martelly gishimangira uruhare rukomeye no gutesha umutwe we hamwe n’abandi banyapolitiki bononekaye bagize mu guteza ibibazo bikomeje kuba muri Haiti.”

Yongeyeho ati: “Amerika, hamwe n’abafatanyabikorwa bacu mpuzamahanga, biyemeje guhungabanya aborohereza icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ruswa, n’ibindi bikorwa bitemewe bikurura ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’ihungabana rya politiki [muri Haiti]”.

Umuvugizi wungirije wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika, Vedant Patel yagize ati: “Ntabwo byemewe ko intore muri politiki n’ubukungu muri Haiti zisahura ejo hazaza ha Haiti.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *