Umukinnyi w’Amavubi mu muryango winjira muri Red Star FC

Sangiza iyi nkuru

Hakim Sahabo ukinira Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, ari mu muryango winjira mu kipe ya Red Star FC yo mu cyiciro cya kabiri mu Bufaransa.

Nta gihindutse Sahabo azerekeza muri iyi kipe mbere y’uko isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi rifunga umuryango ku wa 31 Kanama.

Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga mu mwaka ushize w’imikino yakiriye Standard de Liege imikino 18, nyuma yo kuzamurwa mu kipe nkuru yayo avuye mu y’abato.

Gusa yaje kugira imvune y’ivi yatumye asiba imikino imwe n’imwe nyuma yo kubagwa.

Ikinyamakuru l’Equipe cyo mu Bufaransa cyanditse ko Red Star FC yifuza Sahabo ndetse ko yanamaze gutangira ibiganiro n’ikipe ye.

Hakim Sahabo ugifite amasezerano y’imyaka ibiri muri Standard de Liège, byitezwe ko ashobora gusinyishwa nk’intizanyo cyangwa Red Star FC ikamwegukana burundu mu gihe yaba yemeye kwishyura igiciro cye kingana na miliyoni 1.5 z’ama-Euro.

Sahabo mu minsi ishize wavuzwe muri Leicester City yo mu Bwongereza, mu gihe yaba yerekeje muri Red Star si ubwa mbere yaba akinnye mu Bufaransa kuko mbere yo kwerekeza mu Bubiligi yakiniraga Lille y’abatarengeje imyaka 17.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *