Uwabujijwe kuba nyampinga wa Afurika y’Epfo kubera ubwenegihugu yatsindiye muri Nigeria

Sangiza iyi nkuru

Chidimma Adetshina washidikanweho ku bwenegihugu bwe agahatirwa kuva mu irushanwa ry’ubwiza rya Nyampinga w’Afurika y’Epfo, yegukanye ikamba rya Nyampinga wa Nigeria.

Adetshina yasutse amarira y’ibyishimo ubwo yatangazwaga ku wa gatandatu ko ari we ‘Miss Universe’ wa Nigeria.

Nyuma y’ibyumweru agarukwaho cyane mu bitangazamakuru, uyu munyeshuri w’imyaka 23 wiga amategeko kuri kaminuza yagize ati: “Iri kamba si iry’ubwiza gusa; ni ubusabe bwo kunga ubumwe.”

Yatumiwe kwitabira irushanwa rya ‘Miss Universe Nigeria’ nyuma yuko umwanya we nk’uwageze ku rutonde rwa nyuma rw’abahataniraga kuba Nyampinga w’Afurika y’Epfo ubaye intandaro yo kunengwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *