Tunisia: Bakomeje kwamagana Perezida Kais mbere y’amatora yo mu Kwakira

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, Abanyatuniziya babarirwa mu magana bigaragambije bamagana Perezida Kais Saied, bamushinja ko yakajije umurego mu butegetsi bw’igitugu no guhagarika guhatana muri politiki mu gihe hasigaye ibyumweru bibiri ngo amatora ya perezida abe .

Mu gihe abapolisi benshi bari bahari, abigaragambyaga mu cyumweru cya kabiri bakoze urugendo banyura ku muhanda w’ingenzi muri Tunisia, ahatangiriye impinduramatwara ya “Arab Spring” mu 2011, baririmba amagambo arimo ko “Abaturage bifuza ko ubutegetsi buvaho” kandi “bukajyana n’umunyagitugu Saied”.

Iyi myigaragambyo ibaye nyuma y’uko abadepite batanze umushinga w’itegeko ryambura urukiko rw’ubuyobozi ububasha bwo guca imanza ku bijyanye n’amatora, igikorwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko kizatesha agaciro amatora yo ku itariki ya 6 Ukwakira, kandi kigafungurira Saied imiryango ya manda ya kabiri.

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Attayar, Nabil Hajji, yatangarije Reuters ati: “Intambwe za Saied zerekana ko atagikunzwe kandi ko atinya gutsindwa amatora”.

Ati: “Abanyatuniziya ubu bafite amahitamo amwe, ari yo kujya mu mihanda kurengera demokarasi yacu”.

Amakimbirane ya politiki muri iki gihugu cya Afurika y’Amajyaruguru yarushijeho kwiyongera kuva komisiyo y’amatora yitiriwe Saied yanze abakandida batatu bakomeye ku mwanya wa perezida ari bo; Mondher Znaidi, Abdellatif Mekki na Imed Daimi.

Komisiyo yanze kumvira urukiko rw’ubuyobozi, urwego rw’ubucamanza rukuru mu makimbirane ajyanye n’amatora, kandi yemerera abakandida babiri gusa guhangana na Saied.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *