Nyarugenge: Abantu 43 bari mu mutwe witwa “Abameni” baragezwa imbere y’urukiko

Sangiza iyi nkuru

Ku itariki ya 24/09/2024 saa tatu (9H00), Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ruzaburanisha urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo abantu 43 bakurikiranyweho ibyaha 4.

Gushyiraho no kujya mu mutwe w’abagizi ba nabi, icyaha giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 224 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 nk’uko ryahinduwe. Igihano giteganyijwe kuri iki cyaha ntikijya munsi y’imyaka irindwi (7) ariko ntkirenga imyaka icumi (10) y’igifungo;

Kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, icyaha giteganywa n’ ingingo ya 174 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 nk’uko ryahinduwe. Igihano giteganyijwe kuri iki cyaha ni igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW);

Iyezandonke, icyaha giteganywa mu ngingo ya 2 agace ka (q) n’ iya 54 zo mu Itegeko nº 028/2023 ryo ku wa 19/05/2023 ryerekeye gukumira no guhana iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwiza ry’intwaro za kirimbuzi. Igihano giteganyijwe kuri iki cyaha ni igifungo kitari munsi y’imyaka 10 ariko kitarenze imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z’agaciro k’indonke yejejwe;

Kudasobanura inkomoko y’umutungo, icyaha giteganywa n’ ingingo ya 9 y’itegeko n°54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa; igihano giteganyijwe kuri iki cyaha ni Igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’umutungo adashobora kugaragarizwa inkomoko.

Abo bantu bose bahuriye mu mutwe w’abagizi ba nabi uzwi ku izina ry’ABAMENI bakaba babeshya abantu ko ari abakozi ba MTN, bakababwira ko hari amafaranga yayobeye kuri telefone zabo bagomba kuyabasubiza, batayasubiza bagafunga “accounts” zabo za “Moble Money”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *