Cameroun: Guverinoma irizeza ko Perezida Biya ameze neza mu gihe akomeje kutagaragara

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 08 Ukwakira 2024, Guverinoma yatangaje ko Perezida wa Cameroun, umukambwe Paul Biya, w’imyaka 91, afite ubuzima bwiza, bitandukanye n’ibikomeje guhwihwiswa .

Biya ntiyigeze agaragara mu ruhame kuva yitabira inama yahuje u Bushinwa na Afurika i Beijing mu ntangiriro za Nzeri. Kuba ataragaragaye nk’uko byari biteganijwe mu nama yabereye mu Bufaransa mu mpera z’icyumweru gishize, byateje guhwihwisa ko uyu mukambwe yaba atameze neza.

Umuvugizi wa Guverinoma, Rene Sadi, mu itangazo ryashyizwe ahagaragara yagize ati: “Ibihuha by’ubwoko bwose byakwirakwijwe binyuze mu bitangazamakuru bisanzwe ndetse no ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye na perezida.” “Guverinoma iravuga mu buryo budashidikanywaho ko ibyo bihuha ari impimbano gusa … bityo ikaba ibihakanye ku mugaragaro.”

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango itegamiye kuri leta barasaba ko habaho kujya hatangwa kenshi amakuru y’ubuzima bwa Biya ndetse n’aho aherereyenk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Sadi yavuze ko nyuma ya Beijing, Biya yakoreye urugendo rutari urw’akazi mu Burayi. Ati: “Umukuru w’igihugu ameze neza kandi azasubira muri Cameroun mu minsi iri imbere.”

Bivugwa ko kubera ko nta gahunda isobanutse y’uzasimbura Biya, urupfu rwe rushobora kuzana imvururu nyinshi za politiki muri iki gihugu kibarizwa muri Afurika y’Iburengerazuba no Hagati, ahagaragaye kugerageza guhirika ubutegetsi inshuro 8 kuva mu 2020 ndetse n’ibindi bikorwa byinshi bya gisirikare byagerageje guhirika guverinoma.

Kuba aherutse kutitabira inama y’abayobozi baturutse mu bihugu bikoresha Igifaransa i Paris byaragaragaye cyane muri ibyo birori by’iminsi ibiri, nk’uko abaminisitiri batatu bo muri Afurika batari Abanyakameruni bitabiriye babitangaje.

Umwe mu baminisitiri yagize ati: “Afite imyaka irenga 90, ntabwo amaze igihe kinini adakora akazi ke ka buri munsi, ariko aramutse apfuye, ibintu bishobora gufata intera”.

“Nta muntu n’umwe wigeze yitegura ibizakurikiraho. Ntabwo tuzi uko Cameroun (yaba) imeze idafite Paul Biya.”

Paul Biya ni umunyapolitiki wo muri Cameroun wabaye Perezida wa kabiri wa Cameroun kuva ku itariki ya 6 Ugushyingo 1982, akaba mbere yaho yarahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Cameroun kuva mu 1975 kugeza 1982.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *