Abaturanye na Stade Amahoro basabye kwihanganirwa umwaka mu gihe bahawe amezi 2

Sangiza iyi nkuru

Abafite imitungo hafi ya Stade Amahoro basabye kwihanganirwa igihe cy’umwaka umwe nyuma y’uko Umujyi wa Kigali (COK) ubategetse gutanga ibishushanyo mbonera by’uko bazavurura inzu zabomu gihe cy’amezi abiri hakurikijwe igishushanyo mbonera cy’umujyi.

Amabwiriza y’Umujyi, yatanzwe mu ibaruwa yemewe, arasaba ba abafite ubutaka hariya hantu gutangira ibikorwa by’ubwubatsi bitarenze ukwezi babonye ibyangombwa.

Kutubahiriza ibi, ibaruwa iburira ko bizatuma hashyirwa mu bikorwa itegeko ry’ubutaka ryo mu 2021, ryemerera guverinoma kwigarurira ubutaka budakoreshwa. Iteka rya minisitiri ryo muri Nyakanga 2024 riteganya kandi ko ubutaka mu turere tw’ibanze cyangwa mu turere twagenewe gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera bugomba gukoreshwa cyangwa bugafatirwa.

Mu gihe ubutaka bukomeje kudakoreshwa, umugenagaciro arabusuzuma, kandi nyirubwo agahabwa ingurane, hakuyemo ikiguzi cy’ibikorwa byose byakozwe mbere.

Mu gusubiza, abafite imitungo basabye kongererwa igihe kugira ngo babone igihe cyo kubona inkunga cyangwa gukurura abashoramari bashobora gukoresha ubutaka hakurikijwe igishushanyo mbonera.

Alex Ndayambaje, ufite inyubako zo guturamo ndetse n’ubucuruzi muri ako karere, yasobanuye uko ibintu bimeze nk’uko tubikesha The New Times.

Ati: “Mu myaka mike ishize, nafashe inguzanyo ya miliyoni 5 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo mvugurure amwe mu mazu yanjye. Dukeneye igihe kinini cyo kwishyura iyo nguzanyo mbere y’uko dukora ubwubatsi bushya bujyanye n’igishushanyo mbonera.

Kubaka ibyumba byinshi byasabwe bisaba ibikoresho bifatika. Ikindi gihe cy’inyongera cyaduha amahirwe yo kubona abashoramari bashoboye guteza imbere ubutaka nk’uko bisabwa. ”

Uwitwa Jacqueline Uwihoreye, nawe uhafite umutungo, yashimangiye ko hakenewe ingurane ikwiye ku badashoboye kwivugururira:

“Tugomba kwemererwa kugurisha imitungo yacu niba tudashoboye ibyo kuvugurura. Ubundi, niba umujyi ukurikiza amategeko agenga ubutaka, hagomba kubaho indishyi zikwiye.”

Emma Claudine Ntirenganya, Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, yemeje ko umujyi wahaye amatangazo abafite imitungo ahantu hagenewe imikino i Remera, ubasaba ko bavugurura inyubako zabo kubera ko ako gace kashyizwe mu gace ka “Prime Area” gakeneye kwitabwaho byihutirwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *