Ku itariki ya 09Ukwakira 2024, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi dosiye y’umugabo w’imyaka 43 y’amavuko ukurikiranyweho icyaha cyo gutunda urumogi mu modoka zitwara abagenzi.
Ku itariki ya 26 Nzeri 2024, uregwa yafashe igikapu agipakiramo urumogi rungana n’ibiro bitanu (5kg) arangije atega imodoka iva mu Karere ka Musanze yerekeza i Kigali. Bageze mu Karere ka Rulindo ahitwa ku Kirenge, Polisi y’ u Rwanda yahagaritse imodoka isaka abagenzi barimo isangana uwo mugabo urumogi ibiro bitanu.
Mu ibazwa rye, uregwa yemeye icyaha agisabira imbabazi. Yemeye ko atari ubwa mbere akoze iki cyaha kandi ko yabikoraga abizi neza ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Icyaha akurikiranyweho nikimuhama azahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) hashingiwe ku ngingo ya 263 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryahinduwe; n’ingingo ya 11 y’Itegeko n°69/2019 ryo ku wa 8/11/2019.


