Ku wa 09 Ukwakira 2024, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bwakiriye dosiye y’abasore umunani (8) bakurikiranyweaho icyaha cyo kwiba n’icyaha cyo gukubita no gukoremetsa ku bushake.
Ibi byaha bakurikiranyweho babikoreye mu Mudugudu wa Musenyi, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi.
Ku itariki ya 30 Nzeri 2024, nibwo bagiye muri “centre” ya Musenyi bitwaje imihoro batangira gukubita ibibatiri by’umuhoro umuntu wese utambutse iruhande rwabo. Bakomerekeje abantu 11. Bambuye kandi umuntu telefone igendanwa.
Nyuma y’ibyo, aba basore binjiye mu kabari k’umucuruzi ukorera muri iyo “centre”, bamena ibirahure by’inzu,bamena inzoga n’amacupa, banywa n’inzoga ntibishyura.
Ibyaha bakurikiranyweho biteganywa kandi bigahanishwa ingingo za 165, 166,168 z’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryahinduwe, ingingo ya 121 y’Itegeko ryavuzwe yahinduwe n’ingingo ya 11 y’Itegeko no 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


