Igipolisi cyatangaje ko umuntu wari ufite imbunda ebyiri ntoya zitemewe n’amategeko yatawe muri yombi nyuma yo gufatirwa hafi y’aho Donald Trump yari arimo kwiyamamariza i Coachella muri Leta ya California .
Uyu mugabo w’imyaka 49, Vem Miller, yari atwaye imodoka ubwo yahagarikwaga n’abashinzwe umutekano kuri bariyeri bakamusaka bakamusangana izo mbunda.
Yatawe muri yombi ajya gufungwa “nta kintu kindi kibaye”, ashinjwa kuba yari afite imbunda zitemewe n’amategeko zirimo imwe ijyamo amasasu menshi nk’uko tubikesha BBC. Haburaga isaha ngo Trump ajye ku ruhimbi aho yavugiye ijambo.
Urwego rurinda perezida, n’abahoze ari ba perezida, ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika ruzwi nka Secret Service, rwavuze ko Trump atari mu kaga, kandi ko bitamubujije gukomeza kwiyamamaza.
Umukuru wa polisi yaho Chad Bianco yavuze ko yemera neza ko abapolisi be baburijemo ukugerageza ku nshuro ya gatatu kwica Trump nubwo igipolisi kivuga ko kitaramenya neza icyo uyu mugabo yari agambiriye.
Umwe mu bashinzwe umutekano yabwiye CBS News ko nta kimenyetso kirerekana ko yari afite umugambi wo kwica.
Hagati aho abayobozi batangaje ko hakomeje iperereza kuri iki gikorwa, kandi nibiba ngombwa barega ibindi byaha by’inyongera uyu mugabo.


