Kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Ukwakira 2024, Urukiko Rukuru rwa Kenya rwanze guhagarika amatora ya Sena yo muri iki cyumweru ku bijyanye no kwegiza Visi Perezida Rigathi Gachagua .
Umucamanza Chacha Mwita yagejeje ikibazo ku mucamanza mukuru kugira ngo ashyireho itsinda ry’abacamanza ngo bafate umwanzuro wa nyuma.
Mu cyumweru gishize Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, yatoye kweguza Gachagua kubera gukekwaho guteza urwango rushingiye ku moko, kunyereza umutungo wa Leta no kubangamira guverinoma, hakaba hasigaye ko Sena ijya impaka niba izamuvana ku butegetsi ku wa Gatatu no ku wa Kane.
Gachagua yavuze ko icyifuzo cyo kumwirukana ku kazi gishingiye ku binyoma bishingiye kuri politiki, nk’uko bigaragara mu nyandiko z’urukiko zabonwe na Reuters.
Visi perezida yashyigikiye Perezida William Ruto mu matora ye yo mu 2022 kandi anamufasha kubona amajwi menshi mu karere ka Kenya gatuwe cyane ko hagati mu gihugu.
Ruto yirukanye abaminisitiri benshi kandi ashyira abayoboke batavuga rumwe n’ubutegetsi muri guverinoma ye nyuma y’imyigaragambyo mu gihugu hose yamagana iyongerwa ry’imisoro aho abantu barenga 50 bishwe.
Perezida William Ruto ntacyo aravuga ku mugaragaro ku bikorwa byo kweguza Visi Perezida Righati Gachagua.


