Abanyamakuru 13 bahunze imirwano mu bice byo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bamaze kwibasirwa n’ibitero by’ubugizi bwa nabi mu gihe cy’icyumweru kimwe .
Iyi imibare yashyizwe ahagaragara n’Ihuriro ry’Abanyamakuru bahunze intambara rizwi nka Synergie des Journalistes Déplacés rivuga ko bane mu banyamakuru barakomeretse bajyanwe ku bigo nderabuzima abandi bahitamo kuva mu mujyi wa Goma kubera guterwa ubwoba n’abantu batazwi.
Ibi byatangajwe nyuma y’uko hari abanyamakuru batatu bahunze bamaze guhohoterwa ubwo barimo bava mu kazi kabo.
Justin Bizimana, uyobora iryo huriro ry’abanyamakuru ubu bacumbikiwe mu Mujyi wa Goma, avuga ko abo banyamakuru bakubiswe, nyuma bakwa ibikoresho byabo birimo kamera n’ibyuma bifata amajwi.
Umwe muri bo ni Patience Cyuzuzo Ngorora, ukorera Radiyo y’Abaturage Umoja, yari isanzwe ikorera mu gace ka Ngungu muri Teritwari ya Masisi nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga. Uyu arasaba ubuyobozi gukaza ingamba z’umutekano we, ndetse n’abandi bagenzi be bahunze
Benshi muri aba abanyamakuru bahunze imirwano baturutse muri Masisi na Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ubwo imirwano yari ikaze hagati y’ingabo za leta n’imitwe izishyigikiye n’abarwanyi b’inyeshyamba za M23.
Bavuga ko baterwa ubwoba n’abantu batandukanye batazwi, igihe cyose batanze amakuru ku bibera mu nkambi z’impunzi zitandukanye zo mu Mujyi wa Goma na Teritwari ya Nyiragongo.
Bavuga kandi ko baterwa impungenge no kubona ntacyo inzego za leta zikora kugirango ababagirira nabi bakurikiranwe.
Ku rundi ruhande ishyirahamwe rirengera uburenganzira bw’abanyamakuru, Journalistes en Danger, JED, ryatangaje ko abanyamakuru bahunze bahura n’ihohoterwa biyongera ku bandi umunani basanzwe bakorera mu Mujyi wa Goma bakorewe ihohoterwa kuva mu ntangiro z’ukwezi kwa 10.


