Ubutegetsi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko nibura impunzi 18 zapfuye zirashwe n’abashinzwe umutekano, mu burasirazuba bw’iki gihugu .
Abantu benshi bakomeretse igihe polisi n’abasirikare barasaga ku mpunzi zari mu myigaragambyo, zamagana umugambi wo kuzitahukana. Byabaye ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2017, I Kamanyola mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Izi mpunzi zigaragambije zisaba ko bagenzi babo bane batakoherezwa mu Burundi, ariko byaje gukorwa boherezwayo ku ngufu.
Mu gihe ngo ingabo za Congo Fardc (Les Forces armées de la RDC) zashakaga gutatanya abigaragambyaga nibwo zabarashemo maze 18 barapfa nkuko bitangazwa n’umuyobozi wungirije ushinzwe umutekano mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Josué Boji. Izo mpunzi ngo zigaragambyaga zitera amabuye abo mu nzego zishinzwe umutekano.
Umuvugizi w’ingabo za Loni ziri mu butumwa muri Congo, Florence Marchal yatangaje koimibare y’agateganyo igaragaza ko abapfuye ari 18, abandi 50 bagakomereka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umwe mu mpunzi z’Abarundi yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa(AFP) ko hishwe benshi kurenza abatangazwa n’ibyiciro bitandukanye.
Yagize ati « Nabonye abantu bagwa, abagabo, abagore n’abana badafite intwaro. Kugeza ubu turabara abantu 31 bamaze kwicwa, n’abagera ku 105 bakomeretse, barimo abasaga 15 bakomeretse cyane.
Muri icyo gikorwa ngo hashobora kuba haguyemo umusirikare wa Congo.
Abarundi babarurwa mu bihumbi 400 bahunze igihe muri iki gihugu hadukiye ubwicanyi mu 2015. Ni nyuma yaho Prezida Pierre Nkurunziza afatiye ingingo yo kongera kwiyamamaza muri manda ya gatatu. Iyi mibare ya Loni inavuga ko abishwe bari hagati ya 500 n’ibihumbi bibiri.
Muri Congo Kinshasa hahungiye Abarundi basaga ibihumbi 36 , bahungiye mu nkambi ya Lusenda no mu zindi batagomba kubamo igihe kirekire.
Ubutegetsi bw’i Burundi buvuga ko hari umutekano muri iki gihe, ku buryo ngo impunzi zari zikwiye gutaha.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/ Bwiza.com


