Ubwoko 5 bw’ibiribwa byongera ubushake n’uburyohe bw’imibonano mpuzabitsina

Abashakashatsi mu by’imirire bashyize hanze ibiribwa 5 bitari bimenyerewe mu kongera uburyohe ndetse n’ubushake bwo gutera akabariro mu buzima bw’abashakanye. Dore ibyo biribwa: Inyama y’iroti Inyama y’iroti burya iza ku mwanya wa mbere mu ikorwa ry’amasohoro ari naho akenshi uzasanga abaganga bategeka abagabo bahuye n’ikibazo cy’ibura ry’amasohoro ngo bajye birira inyama y’iroti. Kurya inyama y’iroti […]

Gicumbi : Ku myaka 19, yakoze porogaramu inoza imicururize y’amata

Mugiraneza Abdullah wo mu murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi, amaze guca uburiganya n’urwikerwe rwarangwaga hagati y’aborozi, abacunda batwara amata n’amakusanyirizo ; abakorera uburyo bahanahana amakuru binyuze mu ikoranabuhanga. Uyu musore w’imyaka 19 ntiyize mu mashuri ahambaye kuko yize amwe bita nayini, kuri GS Kirwa mu murenge wa Rutare, nyuma aza gukomereza i Save […]

Nicki Minaj mu rukundo rushya n’umuraperi Nas

Ibimenyetso birimo amashusho yacicikanye ku mbuga nkoranya mbaga, agaragaza Nas asoma Nicki Minaj, nibyo byahereweho na benshi bemeza ko uyu muraperikazi yaba yabonye umusimbura wa Meek Mill mu rukundo. Mu minsi ishize nibwo amakuru yakwirakwiye hirya no hino ko Minaj yamaze gutandukana bidasubwirwaho na Meek Mill, ku mbuga nkoranyambaga za Meek Mill ntihasibaga amagambo agaragaza […]

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Perezida Kim Jong-un wa Koreya ya Ruguru yiyemeje gushyika ku ntego igihugu cyihaye yo kunganya ingufi za gisirikare na Leta zunze ubumwe za Amerika. Yatangaje ibi nyuma yaho Koreya ya Ruguru yari imaze kurasa igisasu cyo mu bwoko bwa misile cyaciye hejuru y’u Buyapani, iyo misile ngo ikaba ariyo ya mbere Koreya ya Ruguru yarashe […]

Amerika : Umupolisi w’umuzungu wakurikiranwagaho kwica umwirabura yagizwe umwere

Umuzungu wahoze mu gipolisi mu ntara ya Missouri yagizwe umwere ku byaha yari akurikiranyweho ko yishe umugabo w’umwirabura amusashe inshuro eshanu nyuma yo kumukurikira n’imodoka. Umucamanza yahanaguyeho iki cyaha cy’ubwicanyi Jason Stockley ku rugero rwa mbere. Uyu mugabo yahoze muri polisi ariko nyuma arimuka ajya i Houston amaze kuva muri icyo gipolisi cya St Louis […]

Nashatse umugabo anyizeza ko asiramuye, tugeze mu buriri nsanga yarambeshye- Nkore iki?

Ni amezi 3 maze nshakanye n’umugabo wanjye ariko umuriro uri kwaka mu rugo, icya mbere umugabo wanjye yanyiyemeyeho mbere y’uko dusezerana, ambwira ko afite ubushobozi kugeza ubwo mu bukwe ari njye washyizemo amafaranga menshi, yanyumvishaga ko nyuma y’ubukwe ho icyumweru azabona amafaranga menshi. Kugeza ubu namaze kumenya amakuru y’uko yambeshyaga aho yambwiraga azayakura naraperereje nsanga […]

Impunzi 18 z’Abarundi zishwe zirashwe na polisi muri Congo Kinshasa

Ubutegetsi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko nibura impunzi 18 zapfuye zirashwe n’abashinzwe umutekano, mu burasirazuba bw’iki gihugu . Abantu benshi bakomeretse igihe polisi n’abasirikare barasaga ku mpunzi zari mu myigaragambyo, zamagana umugambi wo kuzitahukana. Byabaye ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2017, I Kamanyola mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Izi mpunzi […]

Burundi: Su-ofisiye (Ex FAB), Vénérand Ndabambarire yashimuswe

Adjudant-Chef VĂ©nĂ©rand Ndabambarire wo mu gisirikare cy’u Burundi wanagihozemo mbere y’amasezerano yo mu 2005 (EX FAB) yashimuswe n’abantu batazwi, umuryo we ukaba ufite impungenge z’ubuzima bwe. Abo mu muryango w’uyu musirikare, bavuga ko baheruka guca iryera Ndabambarire ku wa Gatatu, bakavuga ko imodoka yamutwaye ari ikoreshwa n’inzego zishinzwe iperereza mu Burundi. Ikinyamakuru RPA, bwiza.com ikesha […]

Kwizera Pierrot yavuze imyato Diarra Ismailla wagarutse muri Rayon Sports

Umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Rayon Sports no mu ikipe y’igihugu y’u Burundi ‘Intamba mu Rugamga’, Kwizera Pierre uzwi ku izina rya “Pierrot”, aravuga ko yishimiye kugaruka kw’igihanganjye, umukinnyi utagereranywa, Ismailla Diarra, wagarutse mu ikipe yahozemo. Ibi yabitangaje nyuma y’imyitozo ya mbere ya Diarra muri iyi kipe kuva yagaruka kuyikinira, yabaye kuri uyu wa […]

Inama z’ubukwe ngo zabaye izo gukusanya amafaranga aho kuba ibitekerezo

Inteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco(RALC) iratanga inama yo gusubiza inama z’ubukwe mu muryango aho kuzigira izisa n’izigamije gukusanya amafaranga yo gukoresha mu bukwe. Kwirarira nibyo biza ku isonga iyo uganiriye na benshi ku ntandaro yo kuba bamwe bategura ubukwe badafitiye ubushobozi. Bamwe mu baganiriye na Royal tv bavuga ko inama z’ubukwe z’ubu zisigaye ziterana mu rwego […]

Isabukuru nziza Mzee wa Kazi- Ubutumwa Gen. Muhoozi yageneye se ‘Museveni’

Ubwo Perezida Museveni yizihizaga isabukuru ye y’amavuko, abantu benshi batandukanye bagiye bamwoherereza ubutumwa bamwe babucishije ku mbuga nkoranyambaga bayimwifuriza, muri abo hakaba harimo n’umuhungu we w’imfura. Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba n’umuhungu w’imfura wa Museveni, yagize ati “Isabukuru nziza musaza w’inararibonye ’mzee wa kazi’. Uyu musore wanakomeje ubutumwa bwe asabira […]

Imvugo ugomba kugendera kure mu gihe uri mu rukundo

Burya urukundo ni ihurizo gusa ryorohera uwabyitwayemo neza ni nayo mpamvu usanga ahanini hari amagambo ushobora gukoresha uganiriza umukunzi wawe ugasanga abaye ipfundo ryo kubatanya aho kuzana akanyamuneza mu rukundo. Mwe muri ayo magambo ni: 1.Mpa Amahoro Iri jambo rikunzwe gukoreshwa n’umuntu warambiwe umukunzi we akabura uko yamukurira inzira ku murima cyangwa se amukekaho kumuca […]

RDC: Abasirikare ba Leta barashe urufaya rw’amasasu mu mpunzi z’Abarundi, hapfa abasaga 25

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni uko abasirikare ba Leta (FARDC) baba barashe urufaya rw’amasasu mu nkambi y’impunzi “Kamanyola transit camp” ibarizwamo iz’Abarundi. Nk’uko aya makuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, n’ubwo inzego zitandukanye muri Congo zitari zagira icyo ziyavugaho, ngo abantu bari hagati ya 25 na 31 nibo bacyekwa kuba bahasize […]

Inyandiko za Miterrand zashimangira uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside ntizashyirwa ahabona mbere y’imyaka 25 apfuye

Inama y’igihugu ishinzwe kurengera Itegeko Nshinga n’andi mategeko mu Bufaransa yateye utwatsi ubusabe bw’umushakashatsi w’Umufaransa Franà§ois Graner wifuzaga kumenya uburenganzira Dominique Bertinotti afite bwo kwanga ko inyandiko z’ibyaranze ibikorwa bya Perezida Franà§ois Mitterand zishyirwa ahagaragara, hakamenyekana uruhare iki gihugu cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. Kuri uyu wa 15 Nzeri 2017, nibwo […]

Abaminisitiri bahawe uturere bazitaho basabwa kudusura byibura rimwe mu kwezi no gutanga raporo

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yagennye abayobozi bazafasha uturere, batureberera mu gukurikirana no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta. Ni mu ibaruwa Minisitiri w’Intebe yageneye ba minisitiri n’abayamabanga ba Leta yo ku wa 15 Nzeri 2017, ibamenyesha ibijyanye na gahunda yo gukurikirana Uturere. Ibiri muri iyi baruwa byamenyeshejwe Perezida wa Repubulika, Umuyobozi w’Umujyi […]

Europa League 2017-2018: Umunsi wa mbere waranzwe n’ibitego 64

Ibitego byarumbutse cyane mu mikino yo ku munsi wa mbere wa UEFA Europa League, yabaye kuri uyu wa 14 Nzeri 2017, igiteranyo cy’ibitego byinjiye kigera kuri 64. Muri iri rushanwa rya Europa League rya 2 kuri UEFA Champions League rikinirwa ku mugabane w’ u Burayi ritegurwa na UEFA, amakipe yartsindaguranye ku wa kane w’iki cyumweru. […]