Amerika : Umupolisi w’umuzungu wakurikiranwagaho kwica umwirabura yagizwe umwere

Sangiza iyi nkuru

Umuzungu wahoze mu gipolisi mu ntara ya Missouri yagizwe umwere ku byaha yari akurikiranyweho ko yishe umugabo w’umwirabura amusashe inshuro eshanu nyuma yo kumukurikira n’imodoka.

Umucamanza yahanaguyeho iki cyaha cy’ubwicanyi Jason Stockley ku rugero rwa mbere.

Uyu mugabo yahoze muri polisi ariko nyuma arimuka ajya i Houston amaze kuva muri icyo gipolisi cya St Louis mu 2013. Yakurikiranwaga ku kurasa umuhungu w’imyaka 24, Anthony Lamar Smith tariki ya 20 Ukuboza mu 2011 mu mujyi wa St Louis.

Stockley w’imyaka 36, yafashwe amajwi akurikira uwo muhungu avuga ati “Ndamwica, wowe ntabyo uzi.”

Umucamanza yavuze ko Lamar Smith ngo yanze gukurikiza ibyo umupolisi yamutegekaga nkuko bigaragara mu nkuru Bwiza.com ikesha Bbc.

Lamar Smith wishwe
Lamar Smith wishwe

Smith yari aherutse kubyara umwana, akaba yari no mu myiteguro y’ubukwe mbere yo kwicwa.

Stockley yavuze ko bari bakurikiranye Smith, bamufatira ahacururizwaga ibiyobyabwenge hafi ya gereza.

Abantu bahise batangira kurwana , igihe abadashyigikiye iyo ngingo yafashwe bajyaga kwigaragambya.

Nyuma polisi ya St Louis yavuze ko yafashe abantu 13, ko n’abapolisi bane bakomerekeye muri iyo myigaragambyo.

Polisi yahise ibateramo ibyuka biryana mu gihe bamwe mu bakzoi ba polisi ahavuye mu nyuma kibasukamwo ivyuka vya “lacrymogène” mu gihe bamwe mu bakozi baco bbaterwaga amabuye ndetse n’amacupa byakozwe n’abigaragambyaga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus — Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *