Tangishaka na mugenzi we Nijimbere bari bafunzwe bashinjwa kwica umupolisi, batorotse gereza ya Bubanza, ubu bakaba bashakishwa uruhindu.
Aya makuru yemezwa n’umuvugizi wa Polisi, OP1 Pierre Nkurikiye, ko ahagana saa sita z’ijoro zo ku wa kabiri tariki ya 6 Ugushyingo 2017, aribwo aba bombi batorotse, ubwo imvura nyinshi yagwaga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umwirondoro wabo ni Tangishaka J.Bosco uzwi ku izina rya Hassan mwene Ndaruvukanye Gérard na Nahokamye Générose yavukiye i Musigati ,Komine Musigati mu ntara ya Bubanza mu 1991
Undi ni Nijimbere à ‰zéchiel uzwi ku izina rya Madredi mwene Bayampunda Etienne na Najimana Constance , yavukiye i Musenyi muri Komine Mpanda , intara ya Bubanza mu 1982.
Aba bose ngo bashinjwa kwica umupolisi Gahungu Léonidas, bamwiciye ku Muzinda umwaka ushize wa 2016. Ubu bakaba bashakishwa n’ubutabera.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com


