Ubwo abandi barimo kwishimira iminsi mikuru, njyewe nikoreye akaboko nyuma yo gukubitwa nkanavunwa n’umugabo wanjye anziza inzoga, ubusanzwe nari naraziretse burundu ariko shitani sinzi uko yongeye kunshora muri iki gishuko.
Hari itorero narinsanzwe nsengeramo, n’umugabo wanjye yarihozemo nyuma aragwa, arivamo asubira ku nzoga, njye nakomeje gusenga ariko ibigare by’abagore nibyo byankuyemo.
Umwe muri twe yashwanye na pasiteri, adushyiramo ibitekerezo bibi, duhita tuva mu itorero dutyo turi ikipe y’abagore bagera ku 8, twifuzaga ko korali isenyuka kuko iyacu niyo yari ikomeye,…
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibishuko ni bibi, twaragiye twese dusubira ku nzoga, turanywa tuzi ko tumuhima, ngizo za likeli twavanze na fanta,… ibyo twumvaga ko byasenyuka mu itorero ahubwo byarushijeho kwiyubaka, muri make Imana yatweretse ko ariyo yubaka umurimo wayo kurusha twe abana b’abantu.
Mfite isoni n’ikimwaro, kuko mbere y’uko Noheli iba, natashye mu rugo nanyoye inzoga, nari kumwe n’abandi bagore, ndavuga abo n’ubundi twasenganaga, nageze mu rugo umugabo arankosora, ubu akaboko ndakikoreye, ntacyo umugabo wanjye mushinja ahubwo ni njye nkorashyano rwose, amafuti ni ayanjye.
Ubu icyo mbona cyangarurira amahoro mu rugo ni ugusubirayo, nkongera nkakizwa nkasenga, kuko narasengaga Imana ikankorera ibitangaza nkacuruza nkunguka, tugatera imbere, iwacu tukabona abashyitsi, none ubu ibintu byasubiye i Rudubi, nta mushyitsi ukingeraho, ifaranga ryarabuze,…
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Isoni ndazifite, ndibaza ukuntu nzasubira imbere y’umushumba n’ukuntu twirirwaga tumusebya ngo anywa inzoga kandi atazinywa, ngo atonesha bamwe kandi ari ukumwangisha abandi,… ndibaza aho nzahera bikanyobera, gusa ndabizi neza ko na bagenzi banjye nabo bazankurikira nimara kugenda. None rero bakunzi ba Bwiza.com, ndabasabye, mungire inama.
Mungire inama, njyeyo se? mbyihorere se? nshake ahandi njya gusengera se? mbese nabuze epfo na ruguru!
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com


