Amavubi agomba kwitondera ikipe y’ibirwa bya Maurice

Sangiza iyi nkuru

Abakinnyi b’Amavubi kimwe n’abafana barasabwa kutazasugura ikipe y’ igihugu cy’Ibirwa bya Maurice izwi nka “Dodos”, izahura n’Amavubi mu mukino wo gushaka itike ya CAN 2017.
Ibi byabitangaje ubwo bavugaga kuri gahunda y’Amavubi mu kwitegura imikino yo mu itsinda H izaba taliki 26 Werurwe, ikazabera i Port-Louis mu Birwa bya Maurice ku mukino ubanza n’i Kigali ku ya 29 Werurwe ku mukino wo kwishyura uyu mwaka.
amavubi
Magingo aya Mckinstry ari mu biruhuko muri Amerika y’Epfo, yavuze ko nta muntu ukwiye gusuzugura ikipe iyo ariyo yose ashingiye ku buryo ikipe y’Ibirwa bya Maurice iheruka kwitwara mu mikino ishize. Ubu iri ku mwanya wa 172 ku rutonde rwa FIFA.
Muri aya marushanwa yo gushakisha itike ya CAN 2017 ibirwa bya Maurice batsinze Mozambique igitego 1-0, banaheruka kunganya na Kenya 0-0, ubwo rero ntimuzagendere ku kuba baratsinzwe na Ghana ibitego 7-1 mu mikino wa mbere wo mu itsinda H”.
Ikipe Amavubi iracyafite amahirwe menshi yo kujya muri CAN 2017, niramuka yitwaye neza mu mikino 4 isigaje yo mu itsinda H.
Amavubi akeneye amanota 11 mu itsinda H, “Ni ingenzi kubona amanota menshi ashoboka mu mikino isigaye. Kujya muri CAN 2017 birasaba ko dutsinda Ibirwa bya Maurice mu mikino yombi tukanatsinda Mozambique cyangwa se tukananganya na Mozambique tugategereza ko itsindwa n’Ibirwa bya Maurice mu mukino wo kwishyura”.
Amavubi azatangira umwiherero taliki 20 Werurwe 2016. Muri itsinda H, Ghana iri ku mwanya wa mbere n’amanota 6 n’ibitego 7 izigamye, u Rwanda ku mwanya wa kabiri n’ amanota 3 nta gitego ruzigamye, Ibirwa by’a Maurice bikaza ku mwanya wa gatatu n’amanota 3 n’umwenda w’ibitego 5 naho Mozambique iri ku mwanya wa nyuma nta nota ifite.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *