Donald Trump na Hillary Clinton baraye bongeye amahirwe yo kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Bwana Trump wo mu ishyaka ry’aba Repubicains na Hillary Clinton wo mu ishyaka ry’aba Democrates ishyaka riri ku butegetsi, banikiye bagenzi babo mu matora y’ejo kuwa kabiri azwi nka Super Tuesday.

Amajwi ari kubarurwa arerekana ko Trump ubu amaze gutsinda mu ntara zirindwi, mu gihe mugenzi we wo muba Republicain umuri hafi, Ted Cruz, yatsinze mu ntara imwe gusa na Marco Rubio atsinda mu yindi ntara imwe.
Ted Cruz mu ijambo yagejeje ku bayoboke be mu ntara ya Texas, aho yatsinze, yahamagariye abo bahatana hamwe kuvanamo kandidatire zabo bakamushyigikira kugira ngo batsinde Donald Trump.
Ku rundi ruhande Donald Trump we yavuze ijambo risa n’iryunga ugereranije n’ibyo amaze iminsi avuga. Hari hashize iminsi atangaje ko ashobora kunga aba Republicains.
Ku ruhande rw’abademokarate , Hillary Clinton wari witezwe ko atahukana intsinzi mu ntara zirindwi harimo intara ikomeye ya Texas. Uyu mudamu ntibyamuhiriye kuko yatsinze mu ntara 4 gusa
Uwo bahanganye bya hafi Bernie Sanders, we yatsinze mu ntara 3 harimo Vermont avukamo.
Hillary Clinton yavuze aracyasa nk’uwizeye gutsinda agahararira aba Democrate, yavuze ko abo bazahangana ku rundi ruhande bafise ibitekerezo bikiri hasi
Intara cumi n’imwe nizo zabayemo amatora.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com


