Rayons Sports yituwe ibyo yakoreye i Maputo yakirwa nk'umwami i Kigali-Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Nyuma yo gusezerera ikipe ya Costa do Sol yo muri Mozambique mu mikino nyafurika ya CAF Confederations Cup igahita igera mu matsinda y’iyi mikino, Rayon Sports yagarutse mu Rwanda mu gicuku yakirwa n’abantu benshi.
Ku wa Gatatu tariki ya 18 Mata 2018 ni bwo Rayon Sports yakinnye umukino wo kwishyura na Costa do Sol mu gihugu cya Mozambique aho iyi kipe ikomoka, umukino waje kurangira ikipe ya Costa do Sol itsinze Rayon Sports ibitego 2-0.
Gusa ikipe ya Rayon Sports ikaba ari yo yageze mu matsinda ya CAF Confederations Cup kuko umukino ubanza yari yayitsinze ibitego 3-0 bivuze ko yakomeje ku giteranyo cy’ibitego 3-2.
Iyi kipe ikaba yageze mu Rwanda ahagana saa 00:45’ zo murukerera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Mata 2018, ariko yasohotse saa 01:40 aho bageze ku kibuga cy’indege basanga abafana benshi b’iyi kipe baje kubakira n’ibyishimo byinshi ni na ko kandi hari n’abandi hanze y’ikibuga bangiwe kwinjira kuko batari gukwirwamo bose.
Tombola y’uko amakipe azahurira mu matsinda y’iri rushanwa iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Mata 2018 i Cairo mu Misiri. Amakipe yamaze gushyirwa mu dukangara tune bitewe n’urwego amashampiyona akinamo ariho.
Agakangara ka mbere karimo, USM Alger (Algeria), Al-Hilal (Sudan), AS Vita Club (DR Congo) na Enyimba (Nigeria). Aka kabiri karimo ASEC Mimosas (Cote d’Ivoire), Young Africans (Tanzania) na CARA Brazzaville (Congo Brazaville).
Aka gatatu karimo Williamsville AC (Cote d’Ivoire), Al-Masry (Misiri), Aduana Stars (Ghana) na Gor Mahia (Kenya) mu gihe aka nyuma karimo Djoliba (Mali), Raja Casablanca (Maroc), RS Berkane (Maroc), UD Songo (Mozambique) na Rayon Sports (Rwanda).
Amafoto y’uko byari byifashe mu muhand Kanombe-Nyamirambo
arton19604 2fd5b 51c65
Babyina murera na Bakunda Rayon
Babyinnye umuziki kugera saa 04 25

Mbere yo kujya mu byicaro bateganyirijwe MC yahamagaraga izina rya buri umwe akabona kujya kwicara aba bo bari bagitegereje
Paul Muvunyi uyobora Rayon mu ijambo rye yashimiye buri umwe wagize uruhare ngo aya mateka yandikwe
ry6b0495 2 cc731 1 ry6b0994 5e747 ry6b0996 2 85828
Umuhanda uva i Nyarugenge mu mujyi ujya i Nyamirambo abantu bari benshi ku mihanda
Umuhango witabiriwe nibihumbi byabantu nubwo byabaye mu gicuku
Umunaniro ku maso ya Sefu Saddam na Diarra
Yusuf Balogun abwira Yannick Mukunzi atiaba bantu bose ubu baje hano kandi ejo ari umunsi wakazi Amafoto:igihe 
Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *