Abadepite bo muri Uganda mu ijoro ryakeye basesekaye ku Kibuga cy’indege cya Entebbe imbokoboko nyuma y’aho baterewe n’abajura bitwaje intwaro muri Afurika y’Epfo bakabacucura.
Amakuru aravuga ko aba bagizi ba nabi babibye na za passports zabo ndetse n’ibindi bintu byabo. Umwe muri aba badepite byavuzwe ko yibiwe mu bujura bwabereye kuri KariBou-Inn Guest House iherereye mu nkengero za Johannesburg nk’uko byatangajwe.

Ubuyobozi bwa Afurika y’Epfo n’ubwa Uganda bwatangiye iperereza ritandukanye kuri iki kibazo.
Abandi badepite batunzwe imbunda kuri uyu wa gatatu ushize harimo ukuriye komisiyo y’ubuhinzi, Robert Ndugwa Migadde ndetse n’abandi bagize iyi komite; Santa Sandra Alum, Francis Barbas Gonahasa na Kenneth Esiangu Eitunganane.
Ambasaderi wa Uganda muri Afurika y’Epfo, Julius Peter Moto, yatangaje ko iki ari ikibazo gikomeye, akaba yagishyikirije Umunyamabanga wa leta uhoraho muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Amb. James Mugume.
Ambasaderi Mugume akaba yatangarije Daily Monitor dukesha iyi nkuru ku murongo wa telephone aho ari muri Singapore, ko atari azi aya makuru, ndetse n’umwungirije, Amb. Rosette Nyirikindi Katungye, mu ijoro ryakeye akaba yatangaje ko atari bwamenye aya makuru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Amakuru ya mbere yavugaga ko aba badepite batigeze bamenyesha yaba ambasade ya Uganda muri Afurika y’Epfo ndetse na minisiteri y’ububanyi n’amahanga iby’uruzinduko bari bagiyemo muri Afurika y’Epfo.
Ku rundi ruhande ariko, iki kinyamakuru kivuga ko cyabonye ibaruwa yo kuwa 11 Kanama 2016 yanditswe n’umukozi w’inteko, Jane Kibirige yandikira umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, asaba minisiteri gufasha aba badepite n’abandi bakozi b’inteko ishinga amategeko kubona visa izabinjiza muri Afurika y’Epfo.
Ushinzwe itangazamakuru mu inteko ishinga amategeko ya Uganda, Chris Obore, kuri ubu uri kumwe n’umukuru w’inteko, Rebecca Kadaga, mu nama y’ishyirahamwe ry’inteko nshinga amategeko mu bihugu bikoresha Icyongereza mu Birwa bya Maurice, yemeje aya makuru y’uko abadepite bibiwe muri Afurika y’Epfo. Yavuze ko bumvise ko abadepite bibiwe ibyabo ku marembo ya hotel bari bagiye gucumbikamo bataranayigeramo neza.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


