Abafana b’ikipe ya Arsenal batabaje Perezida Paul Kagame bamusaba kugira icyo yakora, ubwo ikipe yabo yanyagirwaga na Manchester City mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’Abongereza.
Umutoza Mikel Arteta n’abasore be bari bavuye i Londres berekeza ku kibuga cya El Etihad mu mujyi wa Manchester, bahanyagirirwa ibitego 5-0.
Arsenal bayitangiye ku munota wa karindwi w’umukino ubwo Ikary GĂĽndogan yafunguriraga Manchester City amazamu, mbere y’uko umunya-Espagne Feran Torres ayitsindira igitego cya kabiri nyuma y’iminota ine.
Ibintu byarushijeho kuba bibi kuri Arsenal yarushwaga mu mpande zose z’ikibuga, ubwo Granit Xhaka yerekwaga ikarita itukura ku munota wa 35 w’umukino nyuma yo gutera umuserebeko uremereye Joao Cançelo.
Ni ikarita Man City yabyaje umusaruro kuko yahise ibona igitego cya gatatu cyo ku munota wa 43 cyatsinzwe na Gabriel Jesus, kiyifasha kurangiza igice cya mbere cy’umukino iri imbere n’ibitego 3-0.
Ni igice cy’umukino cyarangiye abafana ba Arsenal bamaze kwiyakira, bategereza umunsi wa kane wa shampiyona kugira ngo barebe ko byibura babona inota muri Premier league y’uyu mwaka.
Mbere y’uko igice cya mbere cy’umukino kirangira abafana batangiye ubukangurambaga ku mbuga nkoranyambaga bwiswe #ArtetaOut, basaba ko umutoza Mikel Arteta yakwirukanwa.
Abenshi mu bafana kandi batakambiye Perezida Kagame bamusaba kugira icyo yakora kugira ngo iriya kipe yongere kugaruka mu bihe byiza.
Ni nyuma y’uko ubwo Arsenal yatsindwaga na Brentford ku munsi wa mbere wa shampiyona, yari yavuze ko impinduka zatinze muri kipe, ashimangira ko idakwiye kwemera ko gutsinda bidashoboka.
Abenshi mu bafana ba Arsenal ku mbuga nkoranyambaga batakambiye Perezida Kagame, bamwe bati: “Gira icyo ukora nyakubahwa!”
Uwiyita the godfather we yatakambiye Perezida Kagame ati: “Paul Kagame, nyamuneka kiza Arsenal Arteta”, mbere yo kungamo ati: “Arteta Out.”
Uwitwa Mwijjukuru Kezekia we yagize ati: “Ibi byose bibaho iyo ufite umutoza udafite imitekerereze y’intsinzi. Ni gute wiha imikino itatu, yose ukayitsindwa hanyuma ukumva waba umwe mu bagize ikirango cyo ku rwego runini nka Arsenal? Dukeneye umutoza ushobora gutsinda imikino. Ibyabaye birahagije, Paul Kagame.”
Uwitwa Sibusiso Xaba we yasabye Perezida Kagame kohereza ikipe y’abakozi ba RDB i London kugira ngo batabare Arsenal.
Gutsindwa na Man City byatumye Arsenal yandika amateka mabi yo gutsindwa ku nshuro ya mbere imikino itatu ibanza ya shampiyona, yemwe itinjiza igitego.
Arsenal kuri ubu iri ku mwanya wa nyuma n’ubusa bw’amanota, n’umwenda w’ibitego icyenda.
Agahinda k’abafana ba Arsenal batabaje Perezida Kagame









Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]



4 Responses
Abafana ba Arsenal batabaje Perezida Kagame nyuma yo kwandagazwa na Man City
Cgwa ni umwaku Wa dura urwanda ruyikurikira ntacyo irabona abashingwe mwa
Abafana ba Arsenal batabaje Perezida Kagame nyuma yo kwandagazwa na Man City
Cgwa ni umwaku Wa dura urwanda ruyikurikira ntacyo irabona abashingwe mwa
Abafana ba Arsenal batabaje Perezida Kagame nyuma yo kwandagazwa na Man City
Nonese Kagame ayobora arsenal!!! Ubundi se mwayivuyeho mukareka gusakuza.Murambabaje kbd
Abafana ba Arsenal batabaje Perezida Kagame nyuma yo kwandagazwa na Man City
Nonese Kagame ayobora arsenal!!! Ubundi se mwayivuyeho mukareka gusakuza.Murambabaje kbd