Abagaba bakuru b’Ingabo za CEDEAO bemeje umunsi bazatereraho Niger

Sangiza iyi nkuru

Abagaba bakuru b’Ingabo z’Umuryango w’Ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO), bamaze kwemeza umunsi bashobora guterera Niger mu rwego rwo kubohoza uwari Perezida wa kiriya gihugu, Mohamed Bazoum.

Ni amakuru yemejwe na Abdel-Fatau Musah, Komiseri muri CEDEAO ushinzwe ibya Politiki, amahoro n’umutekano.

Uyu waganiraga n’abanyamakuru bakorera i Accra muri Guana yatangaje ko Ingabo z’uriya muryango “ziteguye kugenda (muri Niger) igihe icyo ari cyo cyose, itegeko ryatanzwe.”

Yunzemo ati: “Umunsi nyawo nta wo wamaze kwemezwa, ariko ntabwo turi buwutangaze.”

CEDEAO yamaze kwemeza umunsi igomba gutereraho Niger, nyuma y’uko mu cyumweru gishize abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango bategetse kwegeranya umutwe wa gisirikare ugomba kwitegura koherezwa muri Niger.

Ku wa Gatanu nyuma y’inama abagaba bakuru b’Ingabo z’uriya muryango bakoreye i Accra, Musah yashimangiye ko gahunda ya CEDEAO ari “ugusubizaho ubutegetsi [bwa Bazoum] mu gihe gito gishoboka.”

Yunzemo ati: “Ntabwo tuzakomeza kujya mu biganiro bidashira. Bikwiye gutanga umusaruro.”

Musah yongeye gusaba abasirikare bahiritse ubutegetsi muri Niger kurekura Mohamed Bazoum ufunzwe kuva mu kwezi gushize ubwo yahirikwaga ku butegetsi.

Ni ubusabe abasirikare bayobowe na GĂ©nĂ©ral Abdourahamane Tchiani badakozwa, dore ko baheruka gutangaza ko bashobora kugeza Bazoum mu butabera bakamurega “ubugambanyi bwo mu rwego rwo hejuru.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *