Abaganga bo mu Buhinde bakoze urugendo rw’ubuvuzi rutangaje, bakura mu nda y’umugabo ibikoresho bisanzwe byo mu rugo birimo ibiyiko 29, uburoso bw’amenyo 19 n’amakaramu abiri.
Uyu mugabo w’imyaka 35 y’amavuko witwa Sachin, yari yajyanywe mu kigo cyita ku bantu bakira ingeso mbi z’ibiyobyabwenge mu gace ka Ghaziabad, muri Leta ya Uttar Pradesh. Nyuma y’igihe gito, yatangiye kuribwa cyane mu nda, bituma ajyanwa kwa muganga aho abaganga basanze ibintu bidasanzwe mu mara ye.
Nyuma yo gukora X-ray na CT scan, abaganga batangajwe no kubona ibintu byinshi biri mu nda ye, bagerageza kubikuramo bakoresheje endoscopy ariko birananirana kubera ubwinshi bwabyo. Byabaye ngombwa ko abagwa byihutirwa, byayobowe na Dr Shyam Kumar.
Dr Shyam yavuze ko byari “ibitangaza kandi biteye ubwoba” kubona ibikoresho byinshi nk’ibyo mu nda y’umuntu. Operasiyo yarangiye neza, byose byakuwemo kandi umugabo ararokoka.
Abagize umuryango we bavuze ko yari amaze igihe kirekire afite ibibazo byo mu mutwe ndetse no mu buzima bwo mu kigo yari arimo, aho yavugaga ko batabaha ibiryo bihagije. Abaganga basobanura ko imico nk’iyo yo kurya ibitari ibiryo ikunze kugaragara ku bantu bafite ibibazo byo mu mutwe, cyane cyane abo bafite indwara ya pica cyangwa impulse-control disorder — aho umuntu akora ibintu atatekereje neza kubera irari cyangwa agahinda.
Dr Kumar yagize ati: “Ibyo bibaho ku bantu bafite ibibazo byo mu mutwe cyangwa bari mu bihe bikomeye by’agahinda n’ubwigunge. Uyu mugabo yabikoraga agamije kwiyangiza kubera ibibazo yari arimo.”
Nyuma yo kubagwa, Sachin yabashije kugarura ubuzima kandi yoherezwa mu rugo nyuma y’iminsi mike. Abaganga basabye ko ashyirwa mu bitaro byita ku buzima bwo mu mutwe kugira ngo afashwe neza.



