Abajura bane bagiye kwiba mu rugo rwa Gen. Maj. Paul Lokech wahoze ari Umugaba w’Ingabo zirwanira mu kirere muri Uganda (UPDAF), mu mudugudu wa Papii uri mu karere ka Pader, uwafashwe arakubitwa agirwa intere.
Umuvugizi wa polisi mu gace ka Aswa, Jimmy Patrick Okema yavuze ko aba bajura bagiye kwiba muri uru rugo mu masaa saba y’igicuku cya tariki ya 3 Werurwe 2020 nk’uko umurinzi w’uru urugo rwa Gen. Okech yabimutangarije.
Patrick Okema mu kiganiro yagiranye na Nile Post dukesha aya makuru, ati: “Hari hafi saa saba n’igice z’igicuku, ubwo umurinzi wa Jenerali Lokech yabonaga amatoroshi yaka akongera akazima, ari inyuma y’inzu, nyuma aza kubona umwe yiruka.”
Uyu murinzi ngo yahise aasa amasasu mu kirere, umujura umwe witwa Benson Komatech [amazina ye yamenyekanye nyuma], yahise yibwiriza arahagarara, apfukama hasi maze amanika amaboko.
Umujura yatawe muri yombi, avuga amazina y’abandi bari kumwe, ndetse ko babiri muri bo bari bafite n’imbunda. Undi witwa Ramson Obwola yamaze gufatwa mu gihe igikorwa cyo kubahiga gikomeje. Mbere yo gutabwa muri yombi, Benson Komatech yabanje gukubitwa bikomeye, ubu akaba ari mu ivuriro rya Pader III, yibatwaho n’abavuzi.
Urugo rwa Gen. Okech rwatewe atarurimo kuko ubu ari muri Sudan kuva mu mwaka ushize, mu butumwa bugamije kugarura ubwumvikane hagati y’impande zari zishyamiranye ndetse n’umutekano muri iki gihugu.


