Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Werurwe 2024, kuri Kigali Pele Stadium, ikipe ya APR FC igiye kwakirwa na Rayon Sports mu mukino wa shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda.
Uyu mukino utegerejwe na benshi hanze aho kuko ari wo mukino wa mbere urebwa n’Abanyarwanda benshi, kuva ku mwana kugera ku mukuru bose baba bawutegereje.
Rayon Sports irakira APR FC iyirusha amanota agera ku 10 ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda.
Mbere y’uko uyu mukino uba, twifuje kubakorera ikipe nziza y’abakinnyi 11 ihuriweho n’amakipe yombi umwanya ku wundi.
Mu izamu
Pavelh Ndzila (APR FC)
Mu bwugarizi
Serumogo Ali (Rayon Sports)
Christian Ishimwe (APR)
Isaac Mitima (Rayon Sports)
Clement Niyigena (APR)
Mu kibuga hagati
Eric Ngendahimana (Rayon Sports)
Jean Bosco Ruboneka (APR)
Kevin Muhire (Rayon Sports)
Abashaka ibitego
Arsene Tuyisenge (Rayon Sports)
Sharaf Eldin Shaiboub (APR FC)
Victor Mbaoma (APR)
Iyo niyo kipe yacu y’abakinnyi 11 beza ba APR FC na Rayon Sports bihurije hamwe.
Mbibutsa ko umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu saa Cyenda z’amanywa (15:00) kuri Pele Stadium i Nyamirambo


