Abakinnyi bane b’ikipe ya JCCI FC yo mu gihugu cya Somalia bitabye Imana, nyuma y’uko imodoka yari ibatwaye itezwe igisasu cyahise kiyiturikana ihahita igurumana.
Byabereye mu mujyi wa Kismayo uherereye mu ntara ya Jubaland, mu Burasirazuba bwa Somalia.
Amakuru avuga ko imodoka yari itwaye abakinnyi 20 b’iriya kipe yakandagiye igisasu cyo mu bwoko bwa mine cyari giteze iruhande rw’umuhanda, ubwo yari mu rugendo ijya gukina umukino w’umunsi wa mbere wa Shampiyona ya Somalia.
Bivugwa ko uretse abakinnyi bane b’iriya kipe bitabye Imana, kiriya gitero cyanaguyemo uwari umuyobozi mukuru wayo, mu gihe batandatu bakomeretse mu buryo bukomeye.
Leta ya Somalia ntacyo iratangaza kuri kiriya gitero, yemwe nta n’urigamba kuba inyuma yacyo.
Cyakora cyo umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab ni wo ushyirwa mu majwi yo kuba inyuma ya kiriya gitero nyuma y’ibindi byinshi bitandukanye umaze imyaka ugaba hirya no hino muri Somalia ndetse no mu bihugu bituranye na yo.


