Kuri iki cyumweru gishize, itariki ya 28 Gashyantare 2021, abakirisitu ba rimwe mu matorero yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo babonye ibyago ubwo bagenzi babo batatu bari mu muhango wo kubatizwa batwarwaga n’amazi bakaburirwa irengero bikarangira umupasiteri wahabajyanye atabwa muri yombi.
Umuhango wo kubatiza wari wateguwe wahise uhinduka inzozi mbi ku Cyumweru, ubwo abakiristu batatu bifuza kubatizwa bakaburirwa irengero nyuma yo kurohama mu Ruzi rwa N’djili I Kinshasa.
Mu batwawe n’amazi batatu harimo umugore n’umugabo. Mu gihe iperereza ririmo gukorwa umupasiteri n’abamufasha batawe muri yombi nk’uko tubikesha urubuga rwa afrikbuzz.
Amakuru atandukanye ava ahabereye ibi aravuga ko kurohoma mu Ruzi rwa N’djili bikunze kubaho mu gihe cyo kubatiza.
Igipolisi cyo cyatangaje ko cyatangiye iperereza ryimbitse mbere yo kugira byinshi kivuga ku byabaye.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


