Abaminisitiri ba Israel barakangisha kwegura kubera gahunda yo guhagarika imirwano

Sangiza iyi nkuru

Abaminisitiri babiri bo muri Israel bavuze ko bazegura kandi bagasenya ihuriro riri ku butegetsi niba Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, yemeye icyifuzo cyo guhagarika imirwano muri Gaza cyashyizwe ahagaragara na Perezida wa Amerika, Joe Biden, ku wa Gatanu.

Minisitiri w’imari, Bezalel Smotrich na Minisitiri w’umutekano w’igihugu, Itamar Ben-Gvir, bavuze ko batazemera isinywa ry’amasezerano ayo ari yo yose mbere y’uko Hamas isenywa.

Ariko umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Yair Lapid yiyemeje gushyigikira guverinoma niba Netanyahu ashyigikiye gahunda yo guhagarika imirwano nk’uko bitangazwa na BBC.

Minisitiri w’intebe ubwe yashimangiye ko nta mahoro arambye azabaho kugeza igihe ubushobozi bwa gisirikare n’ubushobozi bwo kuyobora bwa Hamas bizasenywa kandi imbohe zose zikarekurwa.

Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas ivuga ko muri Gaza hamaze gupfa abantu barenga 36.000.

Intambara yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023 ubwo abarwanyi ba Hamas bagabaga igitero kitigeze kibaho kuri Israel, gihitana abantu bagera ku 1200 ndetse batwara bugwate abandi 252 muri Gaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *