Abantu 16 bageze i Burundi bavuga ko birukanwe mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatatu tariki ya 4 Nyakanga 2018, nibwo Abarundi 16 bageze mu gihugu cyabo bavuga ko birukanwe ku butaka bw’u Rwanda.

Umujyanama mu bijyanye n’itumanaho, akaba n’umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano w’igihugu imbere no kwita ku mpunzi, Pierre Nkurikiye avuga ko inzo mpunzi 16 zirukanwe mu Rwanda zikaba zarahingukiye mu Kirundo.

Avuga ko bahingukiye ahitwa mu Gasenyi, muri komini Busoni, Intara ya Kirundo, barimo abagabo babiri bakomoka muri iyi ntara.

Akomeza avuga ko barimo abandi bantu 9 bagizwe n’abagabo umunani n’umugore umwe nabo bo muri Komini Busoni. Umugabo umwe wo muri Bugabira n’undi wo muri Komini Vumbi, hamwe n’abandi bagabo batatu bo mu Ntara ya Muyinga.

Mu mpera z’ukwezi gushize, nabwo Abarundi bagera ku 115 babaga mu Rwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko basubijwe iwabo, bakirwa n’inzego z’ubuyobozi ku Kanyaru, muri Komini Ntega yo mu Ntara ya Kirundo.

Aba Barundi birukanwe mu Rwanda aho bari basanzwe bakorera imirimo itandukanye iciriritse, bo bakaba baravugaga ko bakeka ko birukanwe kubera igitero cyaherukaga kugabwa mu Karere ka Nyaruguru, cyagabwe n’Abaturutse mu Burundi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *