Abanyahayiti birukanwe muri Amerika bahondaguye abapilote bari babacyuye

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, Abanyahayiti birukanwe muri Amerika bageze iwabo muri Port-au-Prince bafata abapilote b’Abanyamerika bari babatwaye ndetse n’abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka barabahondagura barabakomeretsa.

Imvururu zadutse nyuma gato yuko indege yari itwaye abagabo bakuze yari igeze muri Haiti maze abo yari ijyanye bashyikirizwa abayobozi ku bayobozi ba Haiti ku kibuga cy’indege.

Nk’uko bitangazwa na NBC, aba bagabo bateye abaderevu b’iyo ndege, bakorera umushoramari wa leta wemerewe gutwara indege zisubiza abanyamahanga iwabo mu gihe imiryango yari ikiri mu ndege.

Amakuru avuga ko abapolisi batatu ba ICE (Urwego rushinzwe guhiga abantu binjira muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko) buri wese arakomeretswa bidakabije.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *