gettyimages-2228818635

Abanyamakuru 5 ba Al Jazeera biciwe mu gitero cya Israel muri Gaza

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko umunyamakuru wa Al Jazeera, Anas Al-Sharif, yiciwe mu gitero cyagabwe mu Mujyi wa Gaza. Uyu munyamakuru biravugwa ko yiciwe hamwe na bagenzi be bane mu gitero cyagabwe na Israel ku banyamakuru babaga mu mahema mu Mujyi wa Gaza.

Al Jazeera ivuga ko ku mugoroba wo ku Cyumweru, abantu barindwi baguye mu gitero cyagabwe ku ihema riherereye hanze y’irembo rikuru ry’ibitaro bya al-Shifa byo mu mujyi wa Gaza. Harimo umunyamakuru wa Al Jazeera, Mohammed Qreiqeh hamwe n’abafotozi Ibrahim Zaher, Mohammed Noufal na Moamen Aliwa.

Ni mu gihe kuri iki Cyumweru, Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kakoze inama yihutirwa kugira ngo baganire kuri gahunda Israel yamaganwe yo kongera kwigarurira Umujyi wa Gaza wose.

Hagati aho, Abadage benshi bashyigikiye ko igihugu cya Palestine cyemerwa nka leta, nk’uko ubushakashatsi bushya bwabigaragaje, mu gihe Australia na yo iteganya kwemera igihugu cya Palestine.

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yatangaje ko igihugu cye kizemera igihugu cya Palestine muri Nzeri mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Australia ibaye igihugu cy’iburengerazuba giheruka gutangaza gahunda yo kwemera Leta ya Palestine, inyuma y’ibihugu bya Canada, u Bwongereza n’u Bufaransa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *