Abanyamakuru ba ‘Iwacu Burundi’ bibutse Bigirimana Jean bakeka ko yishwe

Sangiza iyi nkuru

Abanyamakuru b’ikinyamakuru ‘Iwacu Burundi’ baracyari mu gihirahiro cy’ibura rya mugenzi wabo, Jean Bigirimana bakeka ko yishwe nyuma y’imyaka ibiri ishize yaraburiwe irengero.

Ku wa 22 Nyakanga 2018, nibwo aba banyamakuru bagaragaje agahinda bafite nyuma y’imyaka ibiri ishize bari mu gihirahiro cyo kubura mugenzi wabo, mu gihe bakeka ko yaba yarishwe, bakora n’umuhango wo kwibuka.

Aba banyamakuru bakoze urugendo rugana ku biro by’iki kinyamakuru bambaye imipira y’umukara, imbere mu gatuza hariho ifoto ya Bigirimana Jean, iriho amagambo agira ati ‘yego, nyuma y’imyaka ibiri, icyunamo, kirakomeje”.

Umuyobozi mukuru ushinzwe amakuru wa Iwacu Burundi’, Léandre Sikuyavuga mu butumwa yatanze, yavuze ko imyaka ibiri ishize batamenya ukuri ku ibura rya mugenzi wabo, bakaba bakiri mu rujijo, aho yagize ati “Ni nde wishe mugenzi wacu, kuki yishwe? Akomeza avuga ko bazakomeza gushakisha ukuri ku rupfu rwe.

Ku wa 22 Nyakanga 2016, nibwo Jean Bigirimana yaburiwe irengero, abamubonye bwa nyuma bagiye batangaza ko yajyanwe n’inzego zishinzwe iperereza ariko zikabihakana zivuga ko zitigeze zimuta muri yombi.

Kuri iyi tariki ya 22 Nyakanga, ngo Jean Bigirimana yavuye iwe mu rugo ahagana saa munani z’amanywa agiye i Bugarama mu ntara ya Muramvya, ahagana saa kumi n’ebyiri (18:00) ngo nibwo umugore we, Godeberte Hakizimana yahamagawe n’umuntu atazi, amubwira ko inzego z’umutekano zamutaye muri yombi, ariko afatanyije n’abandi bo mu muryango n’inshuti barashakisha aho yaba afungiye baraheba.

Byatangazwaga ko yafashwe n’inzego zishinzwe iperereza, ndetse ko afungiye mu ntara ya Muramvya. Ibi umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi, Pierre Nkurikiye akaba yarabihakanye.

jeann 1

 

Jeanb
Umunyamakuru Jean Bigirimana

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *