Abanyamulenge bo muri Ruzizi baribaza niba Ingabo z’ u Burundi zaroherejwe korohereza Mai-Mai Yakutumba na Bilozebishambuke

Sangiza iyi nkuru

Imwe mu miryango y’Abanyamulenge baba mu misozi miremire yegereye Ikibaya cya Ruzizi barijujutira Ingabo z’u Burundi badasize na FARDC bavuga ko ntacyo ziri kubafasha kuko n’ubundi ibyabo biranyagwa, bamwe bakanicwa na Yakutumba na Maï-Maï Bilozebishambuke, kurusha mu gihe gishize.

Mu nyandiko baherutse gushyira hanze, bavuze ko babona ntacyo izi ngabo z’ibihugu byombi ziri kubafasha kuko n’ubundi bakomeje kwibasirwa n’abarwanyi ba ba Maï-Maï Yakutumba na Maï-Maï Bilozebishambuke.

Hari aho bibaza bati ” Ni iki izi ngabo ziri gufasha abo mu misozi miremire yo muri Kivu y’Amajyepfo?”

Bibutsa ko izo ngabo ntacyo zakoze ubwo kuwa 7 Nzeri, abarwanyi bishe umuntu umwe bagakomeretsa babiri ubwo basahuraga inka amagana mu gihe izo ngabo zari zihari.

Bavuga ko ahubwo ubugizi bwa nabi bwiyongereye kuva ingabo z’ u Burundi zoherezwa muri Congo.

Basoje iyo nyandiko yo kuwa 9 Nzeri bibaza niba Ingabo z’ u Burundi zaroherejwe muri ako gace ngo zorohereze Maï-Maï Yakutumba na Maï-Maï Bilozebishambuke gukora amabi batigeze bakora mu myaka ishize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *