Abanyekongo amagana bakorewe ‘Operasiyo’ yo kubirukana ku butaka bwa Angola

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Angola yafashe icyemezo cyo kwirukana, Abanyekongo barenga 200 babarizwa ku butaka bwayo.Abirukanwe ni abatagira ibyangombwa n’abacukura amabuye y’agaciro ari mu bwoko bwa Diamond mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Abirukanwe bageze ku mupaka wa Kamoko uri mu birometre 150 by’Amjyepfo y’i Ntara ya Tshikapa, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, tariki ya 17/01/2024.

Sosiyete Sivile ya Kamoko ivuga ko birukanwe mu cyiswe “Operasiyo Makosa,” yo guhiga abatuye muri Angola mu buryo butemewe.

Perezida wa Sosiyete sivile ya Kamoko, Trudon Keshilemba , avuga aba banyekongo birukanywe nyuma y’uko bari bamaze kuba benshi ku butaka bw’icyo gihugu bityo leta ifata icyemezo cyo kubirukana mu rwego rwo kubungabunga umutekano.

Sosiyete sivile ya Kamoko ivuga ko mu birukanwe abenshi baba badafite imiryango yabo basanga , yewe ngo no kubona abagiraneza babakira biragoye.Ni mu gihe Leta ya Congo iterera agati mu ryinyo ikaba ntibindeba kuri icyo kibazo.

Aba banyekongo birukanywe basanga abandi 852 birukanwe muri Angola mu mpera z’u mwaka ushize w’2023, bakaba bakambitse mu gace ka Kamoko.

Abanyekongo bakabakaba 909 barimo abagabo 852, abagore 54, umuhungu umwe, n’Abakobwa ba biri, birukanwe muri Angola, kuri ubu, ba bayeho nabi mu gace ka Kamoko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *