1761236426468

Abanyeshuri 25 ba Green Hills barafunzwe 

Sangiza iyi nkuru

Abanyeshuri 25 biga muri Green Hills International College yo mu ntara ya Gitega mu gihugu cy’u Burundi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma y’imvururu zikomeye zabaye kuri iyi wa 22 Ukwakira 2025, zikangiza bikomeye ibikoresho by’ishuri.

Ahagana saa mbiri z’ijoro, bamwe mu banyeshuri batangiye gukora imyigaragambyo ikomeye, bangiza kamera ya videwo, televiziyo, ndetse bagerageza no gutwika ibiro by’ishuri bakoresheje essence bari binjije mu buryo butazwi.

Amashusho yafashwe agaragaza abanyeshuri bambaye masike ku maso nk’abafite umugambi wo guhisha imyirondoro yabo.

Amakuru aturuka imbere mu ishuri avuga ko iyo myigaragambyo yatewe n’uko ubuyobozi bwari bwafashe icyemezo cyo kwirukana abanyeshuri bari barafashwe bafite ibiyobyabwenge by’urumogi ndetse n’abandi bashinjwaga kwangiza kamera z’umutekano.

Nestor Hakizimana, umuyobozi ushinzwe imyitwarire n’amacumbi muri iri shuri, yavuze ko “hari abanyeshuri bafashwe bafite ibiyobyabwenge, bamwe bakaba barirukanwe ariko abandi bakomeje guteza ibibazo.”

Yakomeje avuga ko essence n’ibiyobyabwenge byakoreshejwe mu myigaragambyo bishobora kuba byarinjijwe n’abanyeshuri ubwabo, abashyitsi, cyangwa bamwe mu bakozi b’ishuri, bamwe muri bo bakaba bamaze kwirukanwa.

Hakizimana yongeyeho ko “abazagaragara ko ari abere bazasubizwa mu ishuri,” ariko ashimangira ko abazahamwa n’ibyo byaha bazahanwa bikomeye kugira ngo habe isomo ku bandi.

Ubuyobozi bw’ishuri burasaba ababyeyi n’abarezi gufatanya mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane uruhare rwa buri wese mu byabaye.

1761236445619 1761236436697 1761236434210 1761236432199 1761236429348 1761236426468 1761236423988 1761236420130 1761236418422

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *