Abanyeshuri 35 biga mu gashami k’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange (Clinical Medicine and Community Health) muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) leta yitabaje mu kurwanya icyorezo cya Covid-19 barayisaba kubahembera igihe bakoze.
Aba banyeshuri bavuga ko tariki ya 8 Kanama 2020 ari bwo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) cyabahamagaye, bajya ku cyicaro gikuru (National Command Post) cya Camp Kigali kurwanya iki cyorezo.
Ngo batangiye akazi tariki ya 9 Kanama 2020, bahasanze abandi biga mu mashami atandukanye y’iyi kaminuza ajyanye n’ubuvuzi, kimwe n’uko hari abahabasanze.
Aba banyeshuri uko ari 35 basezerewe tariki ya 12 Ukwakira 2020, bati: “tudasinyiwe amasezerano atwemerera kwishyurwa (payment contracts) amafaranga y’u Rwanda 19,000 ya buri munsi” bakoze, mu gihe ngo “abo mu yandi mashami bose bayasinyiwe, ndetse bamaze no kwishyurwa” kandi bose barakoze inshingano zimwe bari muri Camp Kigali.
Mu ibaruwa bageneye itangazamakuru, bagize bati: “MINISANTE, mu ibaruwa yayo No 20/PS/821/2020 yadusobanuriye bitatunyuze ko abahawe amasezerano yishyurwa ari abafite ubumenyi buhanitse, nyamara twarakoraga akazi kamwe, ndetse abaje nyuma akaba ari natwe tubamenyereza ibyakorerwaga mu matsinda tubarizwamo.”
Babwiwe ko ari abakorerabushake, bazahabwa ishimwe
RBC tariki ya 17 Ugushyingo 2020 yandikiye aba banyeshuri, ibasubiza ko nyuma yo gusesengura ikibazo cyabo, yasanze Minisiteri y’Ubuzima yarabahamagaye ngo bayifashe kurwanya Covid-19 nk’uko byakozwe ku bandi bakorerabushake benshi, bakoze badateze ibihembo.
Ni nacyo gisubizo Minisiteri y’Ubuzima yabahaye muri uku Kuboza 2020, ivuga ko usibye abari bafite ubumenyi buhanitse (special skills) bari bakenewe cyane, abenshi bitabajwe nk’abakorerabushake badateze ibihembo. Iti: “Ntabwo twateguye amasezerano y’akazi kuri buri mukorerabushake.”
RBC na Minisiteri y’Ubuzima muri aya mabaruwa, bahurije ku kuba “mu rwego rwo gushimira abakorerabushake benshi ku bw’umusanzu batanze mu kurwanya iki cyorezo, bari gutegura ishimwe ryo kubaha” na bo (aba banyeshuri) barimo.
Amafaranga miliyari 1 na miliyoni 500 (1,500,000,000 rwf) ni ryo shimwe riteganyirijwe abakorerabushake
Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru ku wa 16 Ukuboza 2020, Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yongeye kuvuga ku kibazo cy’aba banyeshuri.
Minisitiri Ngamije ashimangira ko bakoze nk’abakorerabushake, ati: “Umukorerabushake atandukanye n’uwahamagajwe, agahabwa akazi, agahabwa na contrat. Ariko tuzirikana ko aba yatanze umusanzu we.”
Ni bwo yaje kuvuga ko agahimbazamusyi/ishimwe k’abakorerabushake kabazwe ndetse bose bazaba bagahawe bitarenze uyu mwaka (2020). Ati: “Agahimbazamusyi kabo karabazwe, ubu turi muri process yo kugira ngo bishyurwe mbere y’uko umwaka urangira. Twakoze urutonde rwabo, ni benshi, ageze kuri 1,500,000,000 rwf. Ni amafaranga menshi kuko nabo ni benshi cyane, mu gihugu hose bazabona amafaranga yabo.”
Ishimwe bararihawe, gusa ngo “baracyakeneye amasezerano”
Nyuma y’ijambo rya Minisitiri w’Ubuzima kuri uyu wa 16 Ukuboza, BWIZA yagiranye ikiganiro na bamwe muri aba banyeshuri 35 basaba gusinyirwa amasezerano.
Bavuze ko bishimiye ko ishimwe Minisitiri w’Ubuzima yavuze ryabagezeho tariki ya 15 Ukuboza 2020, aho bahawe iritandukanye bitewe n’amatsinda bakoreyemo.
Bavuze ko abakoreye mu matsinda yahuye n’abanduye icyorezo cya Covid-19 benshi, ari bo bahawe ishimwe rinini. Uwo twavuganye yavuze ko yahawe amafaranga y’u Rwanda 640,000. Naho uwakoreye mu itsinda ryahuye na bake banduye iki cyorezo, yavuze ko yahawe iribarirwa mu 200,000 rwf.
Gusa n’ubwo bahawe iri shimwe, ngo ntabwo rihagije mu gihe badasinyiwe amasezerano, yatuma buri wese abarirwa amafaranga y’u Rwanda 19,000 rwf ku munsi, yikubye iminsi 65 bamaze bakora kuri Command Post ya Camp Kigali. Bashingira ku mpamvu zavuzwe haruguru.
Hashingiwe ku masezerano aba banyeshuri basaba, bigaragara ko buri wese yishyuza amfaranga 1,235,000 rwf, igiteranyo cy’ayo bose bishyuza kikaba 43,225,000 rwf. Aya bavuga ko yakwiyongera ku ishimwe baherutse guhabwa.



2 Responses
Abanyeshuri 35 ba UR bitabajwe mu kurwanya Covid-19 barishyuza Leta
Nyakubahwa Peresida wacu mudufashe kukouburyo bishyura abakoze muri covid ntibisobanutse pe kuko bamwe bahawe amafranga abandi barayabim mgo Ni abakozi ba leta
Abanyeshuri 35 ba UR bitabajwe mu kurwanya Covid-19 barishyuza Leta
Nyakubahwa Peresida wacu mudufashe kukouburyo bishyura abakoze muri covid ntibisobanutse pe kuko bamwe bahawe amafranga abandi barayabim mgo Ni abakozi ba leta