Umusatirizi mu ikipe y’igihugu y’Uburundi (Intambamurugamba) na Rayon Sports, Jules Ulimwengu ntiyishimiwe n’abarundi. Ni nyuma yo kuvuga ko iyi kipe y’iwabo iramutse ifite rutahizamu nka Kagere Meddie w’Umunyarwanda byafasha iyi kipe cyane.
Kuwa kane, tariki ya 20 Gashyantare nib wo Jules Ulimwengu yabwiye Igihe ko Uburundi bukeneye umusatirizi nka Kagere Meddie muri iki gihe.
“Nkunda Kagere Meddie. Ni rutahizamu ufite imbaraga, ubwenge bwinshi imbere y’izamu, uzi gusaba imipira no gutsinda. Ni we mukinnyi mbona u Burundi bukeneye kuko yakinana na Fiston na Berahino.” Jules.

Ikinyamakuru Indundi kiravuga ko bashingiye kuri aya magambo, Abarundi cyane cyane abakunzi b’Intambamurugamba babona ko aka ari agasuzuguro; mbese nta gaciro yahaye abakinnyi b’iyi kipe. Bivugira ko ikipe ifite abakinnyi bakomeye kandi basatira nka Fiston Abdulrazzaq, Saido Berahino ukinira Stoke City mu Bwongereza, Amissi Cedrick na Hussein Tshabalala bigeze gukinira Rayon Sports.
Abarundi bati “Byose abiterwa n’ibitego bibiri amaze gutsindira Rayon Sports aho ayigereyemo avuye Muri Sunrise”.
Aya magambo Jules Ulimwengu nyuma y’ibitego Kagere Meddie atsinda umusubirizo kuva muri Gormahia kugera muri Simba SC yo muri Tanzania.
Kugeza ubu, Jules ni we mukinnyi ufite ibitego byinshi nyuma yo gutsinda ikindi gitego Mukura VS ku mukino Rayon Sports yatsinzemo ibitego 3 ku busa. Ubu afite ibitego 11, agakurikirwa na Nizeyimana Djuma(Kiyovu SC) ufite 10.


