Abarwanyi 2 ba Twirwaneho bafashwe na FARDC nyuma y’imirwano yaguyemo abantu 40

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi babiri bo mu mutwe wa Twirwaneho, ugizwe n’Abanyekongo b’Abanyamulenge bafashwe n’ingabo za FARDC kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Ukwakira, ahitwa Tingiangoma, mu majyepfo ya Minembwe, ho mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo gukomerekera mu mirwano yabahuzaga na Mai-Mai.

Nk’uko bitangazwa na Capt. Dieudonne Kasereka, umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyepfo, abo barwanyi babiri bafashwe bakomeretse nyuma y’imirwano yabahuje n’umutwe wa Mai-Mai Bilozebishambuke, mu cyumweru gishize nk’uko tubikesha urubuga rwa 7SUR7.CD .

Abantu ba brigade ya 12 y’ubutabazi bwihuse bari mu irondo bafashe abarwanyi babiri ba 2 I Tingiangoma hafi ya Rugezi, muri Teritwari ya Fizi. Basanzwe bakorakomeretse barasizwe bafite n’imbunda ya AK 47. Aba barwanyi bajyanywe na FARDC iberekeza i Minembwe rwagati. Igisirikare cyashyikirije abo barwanyi mu maboko y’abakozi ba sosiyete sivile hari Monusco hakurikijwe amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.”

Capt. Kasereka yibukije ko imirwano yahuje iyi mitwe yombi yaguyemo byibuze abantu 40, mu gihe ibiturage 8 byashizemo abaturage bahunga imirwano nk’uko byemezwa na sosiyete sivile ya Minembwe n’Umuyobozi wa Teritwari ya Fizi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *