Abarwanyi 71 bahoze muri FDLR bagiye gusubizwa mu buzima busanzwe

Sangiza iyi nkuru

Ku barwanyi 209 batahutse bava muri Congo-Kinshasa kuva muri Mutarama 2017, 71 nibo bari busubizwe mu buzima busanzwe kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Ukwakira 2017.

Iki gikorwa kibaye mu gihe Leta y’ u Rwanda ikomeje gusaba Umuryango Mpuzamahanga kwihutisha gahunda yo gucyura abahoze ari abarwanyi ba FDLR babarizwa mu nkambi za Kanyabayonga, Walungu na Kisangani.

Perezida wa Komisiyo ifite mu nshingano zayo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ku rugerero, Seraphine Mukantabana yagize ati:”Umuryango Mpuzamahanga ugomba kuzuza inshingano zawo zo gucyura abahoze ari abarwanyi ba FDLR bakomeje kwibera mu nkambi zitandukanye aho muri Congo-Kinshasa”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Mukantabana yakomeje kandi ashimangira ko uyu muryango ugomba kandi gukora iyo bwabaga kugira ngo FDLR n’ iyindi mitwe yitwara gisirikare bireka guteza umutekano mucye nk’ uko byemejwe na ICGLR mu nama iherutse kubera i Brazaville mu cyumweru gishize nk’ uko tubikesha NT.

Ibarurishamibare rituruka muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya Congo rigaragaza ko mu mwaka wa 2016 abarwanyi 154 ba FDLR batashye mu Rwanda mu gihe mu mwaka w’a 2015 hatashye 146.

Hashize imyaka isaga 20, abarwanyi ba FDLR bagera kuri 3,640 bitwaje intwaro bakora ibikorwa by’ iterabwoba mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa.

Umutwe wa FDLR uyobowe ahanini n’ abahoze ari abasirikare ba FAR bagize uruhare rukomeye muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Gaston Rwaka/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *